AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Lt General Muhoozi yashimye imiyoborere y’u Rwanda yatumye ruva mu bihe bikomeye

Yanditswe Mar, 15 2022 15:49 PM | 47,020 Views



Umugaba w'Ingabo zirwanira ku butaka mu gihugu cya Uganda Lt General Muhoozi Kainerugaba yasuye ahantu habiri h'ingenzi mu mateka y'uRwanda mu bijyanye na Janoside yo kuyihagarika arata ubutwari bw'ingabo za RPA.

Yari afite imyaka 15 y'amavuko ubwo Inkotanyi zatangiraga urugamba rwo kubohora u Rwanda. Benshi mu ngabo za RPA bari baratanze umusanzu ukomeye mu rugamba rwagejeje umubyeyi we ku buyobozi bwa Uganda.

Kuri ubu, Muhoozi Kainerugaba afite ipeti rya Lt General kandi ni we mugaba w'ingabo zirwanira ku bataka muri Uganda. Ni umujyanama wa Perezida Museveni ushinzwe ibikorwa bidasanzwe bya gisirikare.

Muri Nyakanga 1994 ubwo Inkotanyi zabohoraga u Rwanda nyuma yo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, Muhoozi yari afite imyaka 19. None ku myaka 47 y'amavuko, ku ipeti rya Lt General, umugaba w'ingabo zirwanira ku butaka muri Uganda,yasuye ahantu h'ingenzi mu mateka y'u Rwanda.

Ingoro y'amateka y'urugamba rwo guhagarika Jenoside iri mu Nteko Ishinga Amategeko ahahoze hitwa CND hari hanacumbikiwe ingabo 600 za RPA zari zaje gucunga umutekano w'abanyapoliliti ba FPR hagendewe ku masezerano ya Arusha atabubijije Jenoside kuba.

Mu gitabo cy’abashyitsi, yanditse ko ubutwari ndetse n’umusaruro watanzwe n’ingabo z’intwari za RPA  hagati ya 1990-1994 ari ikintu inzego za gisirikare zikomeye muri Afurika zifuza kugeraho. Ni nyuma y'akanya atameberezwa ibice bigaragaza ibigwi by'ingabo zari iza FPR Inkotanyi.

Yakomeje avuga ko ashimira abagize uruhare muri urugamba yise urw’ikuzo ndetse ashimira Perezida wa Rebupulika Paul Kagame ku bwo icyerekezo n’imiyoborere ireba kure yatumye igihugu kiva mu bihe bikomeye.Yasoje inyandko ye agira ati “ALUA CONTINUA” ari ibyo kuvuga ngo urugamba rurakomeje.

Mbere yo gusura iyi ngoro, Lt General Muhoozi yunamiye abashwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi baruhukiye mu rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi.

Aha na ho mu byo yanditse mu gitabo cy’abashyitsi, yashimiye ubuyobozi bw’u Rwanda burangajwe imbere na Perezida Paul Kagame kuba bwarashyizeho urwo rwibutso,akavuga ko bizafasha ibisekuru bizakurikiraho kwirinda kugwa mu makossa  nk’ayo mu bihe byashize.

Nyuma yo gusura aha hantu habiri hagaragaza amateka asharira u Rwanda rwanyuzemo n’uburyo ubudatsimburwa bw’Abanyarwanda bwatumye igihugu gihonoka, Lt Gen Muhoozi yasuye kimwe mu bikorwa remezo by’imikino n’imyidagaduro  bikomeye haba mu Rwanda no muri Afurika .Iyo ni inyubako ya Kigali Arena imwe mu zihenze kandi zigaragaza ukwiyemeza kw’igihugu mu bijyanye n’iterambere.



Jean Pierre KAGABO



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage