Yanditswe May, 08 2022 16:47 PM | 58,944 Views
Minisiteri y'Ubutegetsi bw'Igihugu yasabye abagenerwabikorwa ba gahunda zo kurengera abatishoboye, guharanira kwiteza imbere bakabyaza umusaruro amafaranga miliyari 67 Frw Leta ishyira muri izi gahunda buri mwaka.
Bamwe mu bagenerwabikorwa b'izi gahunda zo kurengera abatishoboye bashimira Leta yabashyiriyeho izi gahunda zo kubavana mu bukene, kuko ntawe ugitegereza kuba yasazira muri ibi byiciro.
Mu karere ka Gicumbi umurenge wa Muko, uhasanga abaturage bari mu cyiciro cya mbere cy'ubudehe kibarirwamo abatishoboye.
Leta yabahaye gahunda zo kurengera abatishoboye zikomatanyije zirimo Girinka, VUP n'ubudehe ku buryo zahinduye imibereho yabo ndetse zibakura mu kiciro cy'abatishoboye.
Uyu murenge ushimwa na Minisiteri y'ubutegetsi bw'igihugu kuko washyizeho agashya ko gushaka abafite imyumvire yigiye hejuru, bagakurikirana abahabwa izi gahunda zo kurengera abatishoboye, bakamenya uburyo bakoresha izi nkunga no kubagira inama Icyo bise "ababyeyi b'abatisimu"
Bamwe muri aba bakurikirana aba batishoboye hari ibyo babafashamo.
Umunyamabanga nshingwa bikorwa w'agateganyo w'Umurenge wa Muko, Habinshuti Robert avuga ko gukurikirana abahabwa izi nkunga bituma bagikoresha nezazikabateza imbere.
Hirya no hino mu gihugu usanga hari abahabwa izi gahunda zo kurengera abatishoboye cyane cyane abahabwa amafaranga bakayajyana mu tubari, abubakiwe inzu zigasaza bazireba, bumva ko Leta ariyo iza zibasanira.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'ubutegetsi bw'igihugu, Ingabire Assoumpta yasabye aba baturage guhindura imyumvire, ahubwo bagaharanira kubyaza umusaruro amahirwe leta yabashyiriyeho ndetse bakirinda guhora bateze amaso kuri leta bumva kobazafasgwa ubuzima bwabo bwose.
Imibare y'ikigo cy'igihugu cy'ibarurishamibare ya 2017, igaragazako mu Rwanda abakene bari 36%.
Abari bafite ubukene bukabije 16%, intego ya Guverinoma y'imyaka 7 NST1 ni uko muri 2024 ubukene bugomba kugera kuri 20% naho ubukene bukabije bukaranduka burundu.
Buri mwaka Leta itanga amafaranga asaga miliyari 67 yo kugoboka abatishoboye.
Jean Paul Turatsinze
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru