AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

MINEDUC: HAJE IMPINDUKA NSHYA MU MITEGURIRE Y'IBIZAMINI

Yanditswe May, 04 2019 19:50 PM | 6,772 Views



Minisiteri y’uburezi iratangaza ko guhera muri uyu mwaka w’amashuli, uburyo bw’isuzuma-bumenyi ku banyeshuli bwavuguruwe, kuko hagiyeho ibizamini bizajya bitegurwa na minisiteri y’uburezi bigatangwa mu myaka yose y’amashuli abanza n’ayisumbuye. 

Ubu buryo bushya ngo buzafasha kumenya hakiri kare ahari icyuho mu burezi.

Ibizamini mu mashuri abanza n'ayisumbuye mu gihembwe cya mbere bizajya bitangwa ku rwego rw'amashuri abanyeshuri bigaho naho igihembwe cya 2 ibizamini bitegurwe ku rwego rw'akarere, naho ibizamini bisoza igihembwe cya 3 bizajya bitegurwa n'ikigo gishinzwe guteza imbere uburezi mu Rwanda (REB). 

Ni ibizamini bizajya bitangwa mu mashuri yose n’ayisumbuye.

Umunyamanga wa leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye Dr.Isaac Munyakazi asobanura ko ibi bizamini bizajya bitegurwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe uburezi mu Rwanda ariko bitazajya biherekezwa n’abashinzwe umutekano nk’uko bisanzwe mu bizamini bya leta.

Amanota abanyeshuri bazajya babona mu bihembwe uko ari bitatu azajya ateranywa ku mwaka maze abanyeshuri bimuke hashingiwe ku mitsindire yabo muri ibyo bizamini byose.


KWIZERA JOHN PATRICK/GATARAYIHA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage