AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Meteo Rwanda yahumurije abaturage ko imvura izaboneka mu gice cya kabiri cy’uku kwezi

Yanditswe Apr, 13 2022 20:36 PM | 28,584 Views



Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubumenyi bw’ikirere, cyongeye guhumuriza abaturage ko imvura izaboneka mu gice cya kabiri cy’uku kwezi bitandukanye n'igice cya mbere cy’ukwezi kwa Mata.

Ibi ni nyuma y'aho bamwe mu bahinzi bari batangiye kugira impungenge z'igabanuka ry'imvura, bari biteze mu mirimo yabo y'ubuhinzi.

Bamwe mu bahinzi bahinga mu kabande mu karere ka Gasabo ahitwa muri rugende twasanze bamaze iminsi buhira imyaka yabo, kuko ngo imyaka yabo nta mvura iheruka.

Uwitwa Uwizeye Esther yagize ati "Ibihe byarahindutse, ubundi twari tumenyereye ko mu kwa Kane hagwa imvura nyinshi ariko reba tugeze mu matariki 12  na 13 nta mvura turimo kubona, tuyiheruka mu cyumweru gishize kandi nabwo yaguye ubona nta mbaraga ifite."

Umuyobozi mukuru wa Meteo Rwanda, Aimable Gahigi yahumurije abahinzi asobanura ko nubwo habayeho umucyo mure mure imvura ihari.

‘’Tumaze iminsi mu bihe by’imicyo muri uku kwezi, hari aho benshi batabimenyereye ko hashobora kuboneka iminsi itatu cyangwa ine y’umucyo ariko byari byagaragajwe mu iteganya gihe tukaba tugiye gusubira mu bihe by’imvura n’icyegeranyo cyari cyakozwe mu gihe cyiminsi icumi itangira kuva ku itariki 11 kugeza kuri 20 kirabigaragaza ko iminsi itatu itangira icyo gice kuva ku itariki 11 kugeza 13 hakirimo ya minsi y’imicyo, ariko kuva ku itariki 14 kugeza kuri 20 tukongera tugasubira muri bya bihe birimo imvura.’’




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage