AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Minisitiri w'Intebe yasabye abasoje muri UR kuba umusemburo w'iterambere

Yanditswe Nov, 18 2022 21:04 PM | 375,414 Views



Minisitiri w'Intebe, Dr Edouard Ngirente arasaba abanyeshuri barenga 5700 basoje amasomo muri Kaminuza y’u Rwanda kuba umusemburo w’impinduka n’iterambere by’igihugu.

Yabigarutseho mu muhango wo kubaha impamyabumenyi wabereye mu Karere ka Nyagatare maze ku nshuro ya mbere banatahana impamyabumenyi zabo.

Byari ibirori bibereye ijisho, rwari urugendo rugeze ku musozo n’ubwo byari n’intangiriro y’indi mikoro ya muntu ku isi. Basoje amasomo mu byiciro bitandukanye, maze ari muri Leta Zunze ubumwe za Amerika, Dr. Patricia Campbell, Umuyobozi w'Ikirenga wa Kaminuza y’u Rwanda yifashishije ikoranabuhanga atanga impamyabumenyi ku byiciro byose by’abasoje.

Barahiriye kuzaba inyangamugayo, kuzifashisha ubumenyi bakuye muri Kaminuza y’u Rwanda mu iterambere ry’igihugu, barahiye ko ruswa bazayirinda n’andi magambo y’igihango bagiranye n’igihugu.

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr. Edouard Ngirente yabashimiye urugendo basoje rutari rworishye kubera impamvu zirimo Covid19 yatumye biga mu buryo budasanzwe, icyakora ko n’ubwo bimeze bityo bakwiye kuba umusemburo w’impinduka.

Muri rusange abanyeshuri 5702 nibo basoje amasomo muri bo 25 bahabwa impamyabumenyi y’ikirenga , 628 mu cyiciro cya gatatu cya Kaminuza, 4,717 mu cyiciro cya kabiri cya Kaminuza na 332 bahawe diploma zitandukanye.
Bize ibijyanye n’ubuvuzi, uburezi, ubuhinzi n’ubworozi, ikoranabuhanga, ubumenyamuntu n’ibindi.


 Paul RUTIKANGA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage