Yanditswe Aug, 06 2022 19:36 PM | 92,446 Views
Minisitiri
w’ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula yitabiriye
imurikabikorwa ry’imishinga y’abarangije amasomo mu ishuri rya Rwanda Coding
Academy ry’abacurabwenge ba porogaramu za mudasobwa, avuga ko buri ntara
igiye kubakirwa ishuri nk’iri hagamijwe kongera umubare w’abahanga muri
mudasobwa.
Mugabo Makuza
Verité umusore w’imyaka 19 y’amavuko, ni umwe mu barangije mu ishuri
ry’abacurabwenge ba porogaramu za mudasobwa Rwanda Coding Academy riherereye mu
karere ka Nyabihu.
Mu myaka itatu ahamaze yakoze porogaramu yitwa KOBRA, uyu mushinga we wabonye inkunga ya miliyoni y’amadorari, ni ukuvuga arenga miliyari imwe mu mafaranga y’u Rwanda.
Aba banyeshuri bakoze izindi porogaramu zitandukanye, zirimo ije gufasha abafite ubumuga bagendera mu tugare kujya bitwara badakeneye ubasunika, ifasha abahinzi kumenya imikurire y’ibihingwa n’indwara zibyibasira.
Ku maso ni abana
bato ariko bafite ibikorwa bihambaye, ababyeyi babo batunguwe n’ubumenyi bafite
maze bavuga ko biteguye gukora ibishoboka byose mu kubashyigikira.
Igikorwa cyo kumurika imishinga y’aba banyeshuri cyitabiriwe na bamwe mu bayobozi b’ibigo by’ikoranabuhanga bikorera mu Rwanda.
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Nyarwanda
cy’Ikoranabuhanga gifite urubuga rutangirwaho serivisi za Leta ruzwi nk’irembo, Israël Bimpe avuga ko barimo gukorana n’aba banyeshuri mu mavugurura y’uru rubuga
hagamijwe kunoza no kongera umubare wa serivise zirutangirwaho.
Benshi mu barangije babonye akazi mu bigo by’ikoranabuhanga bikomeye abandi bashinze kompanyi zabo z’ikoranabuhanga.
Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula avuga ko kwigisha amasomo y’ikoranabuhanga ari igisubizo hahereye mu bato kuko hari porogaramu bakoze zagakwiye kuba zaratanzweho akayabo na leta.
Avuga ko leta yatangiye umushinga wo kongera amashuri nk’aya akagera muri buri ntara.
Abarangije amasomo y’abo muri Rwanda Coding Academy ni 58.
Kaminuza y’u Rwanda yamaze gutegura porogaramu y’abo yihariye bagiye gukomerezamo.
Nyamasheke: Abantu 2 bapfuye abandi 8 barakomereka mu mpanuka y’umukingo wabagwiriye
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Abanyeshuri barenga ibihumbi 30 basabye guhindurirwa ibigo cyangwa amashami
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Qatar: Dr Ngirente yitabiriye imurika mpuzamahanga ry'ubuhinzi bw’imbuto
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Nyagatare: RAB yakuyeho akato kari kashyizweho kubera indwara y'uburenge
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Kigali: Hari imihanda irimo kubakwa yadindiye ubu irimo guteza imivu y’amazi mu baturage
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Akarere ka Musanze kongeye kunengwa ku kibazo cy'igwingira cyugarije abana
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Nyamagabe: Ubuyobozi buhangayikishijwe n’ibikorwa bisubiza inyuma ubumwe n’ubwiyunge
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Uburezi: Abakoze ibizamini byo kuba abarimu batagize amanota 70% basabwe gusubiramo
Oct 01, 2023
Soma inkuru