AGEZWEHO

  • Nyamasheke: Abantu 2 bapfuye abandi 8 barakomereka mu mpanuka y’umukingo wabagwiriye – Soma inkuru...
  • Abanyeshuri barenga ibihumbi 30 basabye guhindurirwa ibigo cyangwa amashami – Soma inkuru...

Mu Rwanda hari kubera inama ya ITU irebana n'iterambere ry'ikoranabuhanga

Yanditswe Dec, 05 2016 15:54 PM | 1,240 Views



Ibihugu by'Afurika bikangurirwa guhuriza hamwe imbaraga kugira ngo ikoranabuhanga rikomeze kugira uruhare mu iterambere ryabyo.

I Kigali hatangiye inama mpuzamahanga ihuje ibihugu byibumbiye mu muryango mpuzamahanga ushinzwe guhuza ibikorwa by’iterambere mu itumanaho (ITU) ku rwego rw’akarere ka Afurika hagamijwe kwisuzuma nka Afurika mu by'itumanaho.

Abahagarariye inzego zitandukanye zikora mu birebana n'ikoranabuhanga mu bihugu biri muri uyu muryango mpuzamahanga w'itumanaho mu karere k'Afurika, barimo kurebera hamwe icyakorwa kugira ngo ikoranabuhanga rirusheho gucengera muri Afurika kandi rigire uruhare mu iterambere ry'umugabane w'Afurika.

Andrew Rugege uyobora umuryango ITU ku rwego rw'Afurika asobanura ko ikoranabuhanga rikwiye kurushaho gushyirwamo ingufu bitewe n'akamaro rigira mu buzima bw'abaturage.

Umuyobozi ushinzwe iterambere ry'itumanaho muri ITU, Brahima Sanou, avuga ko ibyo u Rwanda rumaze kugeraho mu birebana n'ikoranabuhanga bikwiye kubera urugero ibindi bihugu.

Ministre w'urubyiruko n'ikoranabuhanga Jean Philbert Nsengimana we avuga ko umusaruro uva mu nama ku ikoranabuhanga u Rwanda rukomeje kwakira, ugenda urushaho kwiyongera.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Nyamasheke: Abantu 2 bapfuye abandi 8 barakomereka mu mpanuka y’umukingo w

Abanyeshuri barenga ibihumbi 30 basabye guhindurirwa ibigo cyangwa amashami

Qatar: Dr Ngirente yitabiriye imurika mpuzamahanga ry'ubuhinzi bw’imb

Nyagatare: RAB yakuyeho akato kari kashyizweho kubera indwara y'uburenge

Kigali: Hari imihanda irimo kubakwa yadindiye ubu irimo guteza imivu y’ama

Akarere ka Musanze kongeye kunengwa ku kibazo cy'igwingira cyugarije abana

Nyamagabe: Ubuyobozi buhangayikishijwe n’ibikorwa bisubiza inyuma ubumwe n

Uburezi: Abakoze ibizamini byo kuba abarimu batagize amanota 70% basabwe gusubir