AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Mu Rwanda hatangiye gukorerwa udupfukamunwa two kwa muganga

Yanditswe Jun, 10 2020 08:01 AM | 25,556 Views



Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwatangiye gukora udupfukamunwa twifashishwa kwa muganga  ndetse n’abantu ku giti cyabo.

Hashize hafi amezi abiri gahunda ya Guma Mu rugo yatewe n' icyorezo cya COVID19 irangiye by’umwihariko mu Mujyi wa Kigali.

N’ubwo iyi gahunda yarangiye, kwambara agapfukamunwa kuri buri Munyarwanda usohotse iwe n'imwe mu ngamba zikomeje gushyirwamo imbaraga mu rwego rwo gukumira kwandura no kwanduza COVID19, ibintu byahaye amahirwe y' ishoramari kuri bamwe muri ba rwiyemezamirimo,uyu ni Moses Twahirwa usanzwe akora imyenda isanzwe.

Yagize ati “Ni gute tudizayininga ducréa bitandukanye n’ibyo twakoraga mbere bijyanye n’ibyo abantu bakeneye, harimo gukora ibikoresho nkenerwa nk'udupfukamunwa, biza muri secteur yacu ya Fashion, turi muri bamwe bafite icyemezo cyo kudukora, tugakora wenda n'indi myenda ijyanye n'akazi, kuko abantu batari kujya mu birorori.”

Nubwo ubucuruzi bw'udupfukamunwa bwahaye amahirwe kuri bamwe  muri barwiyemezamirimo,  Alexis Gisagara umuyobozi ushinzwe ubugenzuzi n' ikurikirana ry' ubuziranenge mu kigo  cy'igihugu gishinzwe ubugenzuzi bw' imiti n' ibiribwa (Rwanda FDA) avuga ko n’ubwo aya mahirwe yatanzwe bidakuraho iyubahirizwa ry'amabwiriza bitewe n'ubwoko bw'udupfukamunwa.

Ati “Rero nka za Barrier Mask  dufite abantu 81 bemerwe kudukora  kandi bafite ibisabwa bitandukanye n' ibyabakora medical masks kuko bo basabwa gukorera muri clean  environment ahantu hafite isuku, ku buryo ntacyinjiramo kivuye hanze.”

Inganda zitandukanye ndetse n'abantu ku giti cyabo bakomeje gukora  udupfukamunwa mu moko atandukanye, ikintu kimaze kuba umuco muri ibi bihe cyo kwirinda COVID19.

Kuri ubu hakaba hiyongereho uruganda rwa PharmLab rusanzwe rukora ibikoresho byifashishwa mu gukora ibizamini bitandukanye kwa muganga  gufata umusarani, amaraso n'ibindi, rukaba rwazanye umwihariko wo gukora udupfukamunwa twifashishwa kwa muganga.

Rugwizangonga Cyriaque, umuyobozi PHARMALAB yagize ati “Mbere ya Coronavirus demande ntabwo yari nini mu Rwanda  ku buryo utari gushyiraho uruganda  cyangwa se unité ya production  y'udupfukamunwa  kandi demande ari ntoya, abantu bagahitamo kubikura mu bushinwa cyangwa se mu Buhinde, izikorerwa mu Rwanda ni izi ngizi za Made in Rwanda zitari surgical, zikoze mu myenda, izo rero biratandukanye rwose.”

Gukora udupfukamunwa twifashishwa no kwa muganga mu Rwanda, niba bifite umumaro mu rwego w'ubuzima, ibi na none bijyana no koroshya  ubuziranange ndetse n'ikiguzi nk’uko Alexis Gisagara yabisobanuye.

Ati “Umuntu w'importa udupfukamunwa ni babandi tba twarahaye uburenganzira  kutwijiza, ndets en' ibindi bikoresho byo kwa muganga, ariko muri iyti crisisi hari nabandi twemereraga badafite uiyo licence  kubera crisi yari ihari, ariko kuva tubonye umuntu udukora ibyo bintu bigiye guhagrara.”

Rugwizangonga avuga  ko udupfukamunwa two kwa muganga bakora tuzaba duhendutse kurusha udusanzwe ku isoko.

Ati “ Ubu ku isoko uyu munsi aka gapfukamunwa kagura 1000 twe turateganya kukagurisha hagati ya 300 na 500, twumva buri muntu wse aho kugira ngo afate agapfukamunwa akambare iminsi 3, bizajye bimworohera kuba yagahindura kdi adahenzwe.”

Banyiri uru ruganda, bavuga ko nyuma y' iminsi 5 gusa  batangiye bakora,  hari ibihugu 4 byo mu karere byatangiye inzira yo gutumiza udupfukamunwa kuri uru ruganda  , kurundi ruhande hakaba hari inganda mu Rwanda zitangaza ko zifite udupfukamunwa hafi miriyoni 3 twabuze abaguzi.



EDDY SABITI



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage