Yanditswe Jun, 25 2022 15:08 PM | 127,049 Views
Abakozi
basaga 1000 biteganyijwe guhabwa akazi gahoraho mu ruganda rukora Cement n’ibindi bikoresho by’ubwubatsi, ubuyobozi bw’uru ruganda butangaza ko
muri Gashyantare 2023 sima ya mbere izagera ku isoko ikorewe i Muhanga.
Hegitari 67 ni bwo buso buriho icyanya cyahariwe inganda muri karere ka Muhanga, ariko hafi 17 ni ikibanza kirimo kubakwaho Anjia Prefabricated Construction Rwanda, uruganda ruzakora sima n’ibindi bikoresho by’ubwubatsi.
Ni ishoramari ribarirwa agaciro ka miliyari 100 mu mafaranga y’amanyarwanda.
Imirimo yo kurwubaka igeze ku ijanisha riri hejuru ya 50.
Ju JianFeng umuyobozi wungirije w’uru ruganda avuga ko impamvu nkuru zo kurwubaka i Muhanga ari imiterere y’aka gace, hakiyongeraho uburyo Leta y’u Rwanda ikorana neza n’abashoramari.
Yagize ati "Icyo abashoramari bashima ni uburyo ubuyobozi bwabahuje n’abaturage bakabasha kubona ubutaka bugari bakoreraho."
Byiringiro Israel umwe mu bakozi b’uru ruganda Anjia Prefabricated Construction Rwanda, avuga ko uru ruganda ruje kunganira izindi mu gukemura ikibazo cya sima idahagije haba mu Rwanda no mu karere ruherereyemo.
Muri iyi mirimo yo kubaka harakoreshwa Abanyarwanda barindwi mu biro n’abashinwa 12.
Mu ruganda nyirizina uyu mushinga urateganya gukoresha abanyarwanda 1080 n’abashinwa 200.
Abanyarwanda bafitemo imirimo bavuga ko bashima kuba mu mishinga minini nk’iyi na bo babasha kubonamo imirimo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buvuga ko kugeza ubu iki cyanya cy’inganda kirimo kurambagizwa n’abanyenganda benshi, ariko kugeza ubu bamaze kugeramo ni harimo inganda ebyiri zikaba zaratangiye gukora.
Kugeze ubu ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buremeza ko nta makimbirane akomeye yari yaba hagati y’abashoramari n’abaturage basanganwe ibikorwa muri nkengero z’iki cyanya cy’inganda, bukavuga ko buba hagati y’impande zombi ku buryo nta rubangamira urundi.
Alexis Namahoro
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru