AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

NEC yatangije ku mugaragaro ukwiyamamaza kw'abahatanira kuba abasenateri

Yanditswe Aug, 28 2019 05:54 AM | 7,804 Views



Komisiyo y’Igihugu y’Amatora iratangaza ko ibikorwa byo kwiyamamaza ku bakandida senateri birimo kugenda neza, na ho abagize inteko itora bakemeza ko abiyamamaza bafite imigabo n'imigambi igaragaza ko hazaboneka abasenateri bashoboye.

Imbere y'inteko itora, buri mukandida senateri yahabwaga iminota iri hagati ya 5 na 15, akagaruka ku mirimo yakoze mu buzima bwe ndetse akagaragaza imigabo n'imigambi afite.

 Inteko itora igizwe n'abagize inama njyanama z'uturere n'abagize biro z'inama njyanama z'imirenge mu ntara zigize igihugu, na ho mu mujyi wa Kigali abatora ni abagize inama njyanama y'umujyi na biro z'inama njyanama z'imirenge.

Abagize inteko itora bashimye ibitekerezo by'abakandida, ku buryo bizeye ko abazatorwa bazaba bashoboye.

Ku myanya 12 y'abasenateri batorwa hakurikijwe inzego z'imitegekere y'igihugu, abayihatanira ni abakandida 7 mu Ntara y'Amajyaruguru hazavamo abasenateri 2, abakandida 23 mu Ntara y'Amajyepfo bazavamo abasenateri 3, abakandida 9 mu Burasirazuba bazavamo abasenateri 3, abakandida 15 mu Burengerazuba bagomba gutorwamo abasenateri 3, n'abakandida 4 mu Mujyi wa Kigali bazatorwamo umwe.

Hari kandi abakandida 3 bazatorwamo umusenateri uhagarariye kaminuza n'amashuri makuru byigenga, n'abakandida 2 bazatorwamo umusenateri uhagarariye kaminuza n'amashuri makuru bya Leta.

Perezida wa Komisiyo y’Amatora, Prof Kalisa Mbanda, avuga ko ibikorwa byo kwiyamamaza bigenda neza nk'uko komisiyo yabiteganyije. 

Ibikorwa byo kwiyamamaza byatangiye kuri uyu wa Mbere, ariko mu Gihugu hose byatangijwe ku mugaragaro kuri uyu wa Kabiri. Biteganyijwe ko bizarangira ku wa 15 Nzeri, mu gihe amatora y'abasenateri 12 batorwa hakurikijwe inzego z'imitegekere y'igihugu ateganyijwe ku ya 16. Hazakurikireho amatora y'abasenateri 2 bahagarariye kaminuza n'amashuri makuru aya Leta n’ayigenga. 

Inkuru mu mashusho


Jeannette UWABABYEYI 



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage