Yanditswe Dec, 25 2021 18:00 PM | 100,127 Views
Abaturage hirya no hino mu Mujyi wa Kigali bizihirije Noheli mu miryango bavuga byabanejeje kuyisangira n’abana babo,binabarinda gukoresha ibirori no gutumira abandi mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya COVID19.
Amafunguro y’ubwoko butandukanye n’ibinyobwa biri mu byifashishijwe mukwizihiza umunsi mukuru wa Noheli mu miryango.
Ababyeyi bagiye banatanga impano ku bana babo.
Bamwe muri aba baturage bavuga ko bizihije iyi Noheli mu muryango, barasangira ariko birinda gutumira no gukoresha ibirori mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya COVID19 gikomeje kwiyongera.
Ku rundi ruhande hari abatishoboye ndetse n’abo iyi Noheli yasanze bari mu bitaro. Hari bamwe mu babatekerejeho barabasura babaha ibiribwa,ibikoresho by’isuku ndetse n’impano z’abana.
Abahawe iyi noheli bashimira aba batekerejeho mu bitaro ngo kuko bibagarurira icyizere cy’ubuzima no kumva ko bazakira ubu burwayi.
Bungurubwenge John Umuyobozi w’umuryango Umusamariyamwiza avuga ko batekereje iki gikorwa cyo kwifatanya n’abari mu bitaro kuri uyu munsi wa Noheli mu rwego rwo kubahumuriza no kubagarurira icyizere cy’ubuzima.
Iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani yizihijwe mu gihe icyorezo cya COVID19 cyongeye kuzamuka.
Jean Paul TURATSINZE
Abanyarwanda batuye Maputo bakoze umuganda wo gutera ibiti
Dec 09, 2023
Soma inkuru
Rwanda Mountain Tea yijeje abahinzi gukomeza kubakemurira bimwe mu bibazo bagifite
Dec 09, 2023
Soma inkuru
USAID ku bufatanye na Guverinoma y’u Rwanda batangije imishinga igamije guteza imbere serivisi ...
Dec 08, 2023
Soma inkuru
Inzego za leta n’iz’abikorera zirasabwa guhuza imbaraga mu kurwanya ruswa
Dec 08, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame arashishikariza urubyiruko rwa Afurika kubyaza umusaruro amahirwe yabashyiriweho
Dec 08, 2023
Soma inkuru
Uturere umunani twabonye abayobozi bashya
Dec 07, 2023
Soma inkuru
Gisagara: Imiryango irenga ibihumbi 2 yavuye mu bukene
Dec 06, 2023
Soma inkuru
Uturere 8 tugiye kubona abagize nyobozi na njyanama
Dec 06, 2023
Soma inkuru