AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Noheli yizihirijwe mu miryango, hari abadafite amafunguro bagobotswe

Yanditswe Dec, 25 2021 18:00 PM | 100,210 Views



Abaturage hirya no hino mu Mujyi wa Kigali bizihirije Noheli mu miryango bavuga byabanejeje kuyisangira n’abana babo,binabarinda gukoresha ibirori no gutumira abandi mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya COVID19.

Amafunguro y’ubwoko butandukanye n’ibinyobwa biri mu byifashishijwe mukwizihiza umunsi mukuru wa Noheli mu miryango.

Ababyeyi bagiye banatanga  impano ku bana babo.

Bamwe muri aba baturage bavuga ko bizihije iyi Noheli mu muryango, barasangira ariko birinda gutumira no gukoresha ibirori mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya COVID19 gikomeje kwiyongera.

Ku rundi ruhande hari abatishoboye ndetse n’abo iyi Noheli yasanze bari mu bitaro. Hari bamwe mu babatekerejeho barabasura babaha ibiribwa,ibikoresho by’isuku ndetse n’impano z’abana.

Abahawe iyi noheli bashimira aba batekerejeho mu bitaro ngo kuko bibagarurira icyizere cy’ubuzima no kumva ko bazakira ubu burwayi.

Bungurubwenge John Umuyobozi w’umuryango Umusamariyamwiza  avuga ko batekereje iki gikorwa cyo kwifatanya n’abari mu bitaro kuri uyu munsi wa Noheli mu rwego rwo kubahumuriza no kubagarurira icyizere cy’ubuzima.

Iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani  yizihijwe mu gihe icyorezo cya COVID19 cyongeye kuzamuka. 

Jean Paul TURATSINZE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage