AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Ntiwatera imbere utaje muri Kigali-Imyumvire ikiri muri bamwe mu rubyiruko rwo mu zindi Ntara

Yanditswe May, 31 2022 19:23 PM | 109,265 Views



Bamwe mu batuye n'abagenda mu Mujyi wa Kigali baravuga ko bimwe mu bibazo bibangamiye imibereho myiza y'abatuye uyu mujyi, biterwa n'imyumvire ya bamwe mu biganjemo urubyiruko rwo mu zindi Ntara rugitekereza ko gutera imbere bataje i Kigali bitaborohera.

Bavuga ko ibi bituma baza i Kigali batabiteguye neza ubuzima bwabananira bagahinduka umutwaro n'ikibazo kuri leta n'abatuye Umujyi wa Kigali

Nsekanabo Jean Claude  w'imyaka 45 ukomoka mu karere ka Karongi, amaze imyaka 20 mu Mujyi wa Kigali, avuga ko kugeza ubu atarabona icyo gukora gifatika uretse ibiraka abona rimwe na rimwe.

Avuga ko ikintu gikomeye yungukiye i Kigali muri iyi myaka 20 yose ari umugore yahashakiye n'abana yahabyariye.

''Udafite akazi i Kigali wabaho ute? Nta nzu wabona yo kubamo, ntabyo kurya, nta mazi, nta biro nta kintu na kimwe wabona udafite akazi cyangwa amafaranga hano i Kigali.''

Avuga ko yamenye amakuru ko Karongi yateye imbere ndetse Umujyi wa Kibuye usigaye ubarizwa mu Mijyi iyingayinga i Kigali .

Avuga ko hari igihe atekereza gusubira i Karongi ariko gufata icyemezo byakomeje ku mugora kubera gutinya gusubirayo agifite ubuzima busa n'ubwo yari afite mu myaka 20 itambutse.

Aba baturage bavuga ko uwaba agitekereza ko Kigali itanga amahirwe y'imibereho myiza kurenza indi mijyi y'u Rwanda yaba yibeshye, ndetse bamwe bakavuga ko nibiba ngombwa bazasubira mu byaro kuhakorera imishinga ibateza imbere ngo kubera ko ibyaro byinshi bisigaye bimeze nk'imijyi mu birebana no kwihaza ku bikorwa remezo by'ibanze, kandi kuhashora imari cyangwa kuhashakira akazi bikaba byoroshye kurenza mu Mujyi wa Kigali.

Umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu n'imibereho y'abaturage mu Mujyi waKkigali, Urujeni Martine avuga ko mu bibangamiye imibereho y'abatuye Umujyi wa Kigali harimo abantu baturuka mu zindi ntara bakaza i Kigali batazanywe n'akazi cyangwa indi gahunda ifatika

''Kigali itera imbere ku bafite uburyo bwo kuyibamo n'impamvu zitumye bayirimo, ariko kujyera muri Kigali uje gushaka utazi aho utangirira gushakisha nibyo bitera ibibazo, ni ihuriro ry'ubucuruzi koko ariko ukaza ku bukora ari ubucuruzi bufite gahunda cyangwa se ari ikiraka cyangwa ikindi kizabasha gutuma ubaho mu Mujyi wa Kigali, kuza rero ujyirango ubuzima buzakwizanira nibyo bituma havuka abasabiriza, aba abajura mubona nabo bari bamaze kuba benshi n'ibindi bibazo bitandukanye bituma abana bajya mu mihanda.''

Ubuyobozi bw'Umujyi wa Kigali buvuga ko bibazo bikibangamiye imibereho myiza y'abaturage byiganjemo ibifitanye isano n'amakimbirane yo mu miryango, gusambanya abana bamwe bikabaviramo guterwa inda bakiri bato, ihohoterwa rishingiye ku gitsina, imirire mibi n'ikibazo cy'igwingira ku bana bato, byose bifite inkomoko mu miryango imwe n'imwe itita ku nshingano zayo zo guherekeza umwana kuva asamwe kugeza ashinze urugo mu buryo bwemewe n'amategeko.

Jean Paul Maniraho



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage