AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

PAM igiye kugabanya 60% by’inkunga yahaga impunzi ziri mu Rwanda

Yanditswe Feb, 15 2021 08:23 AM | 56,494 Views



Ishami ry’Umuryango w'Abimbuye rishinzwe ibiribwa ku Isi ryatangaje ko riteganya kugabanyaho 60% by’inkunga ryageneraga impunzi ziri mu Rwanda.

Ni mu gihe Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR) ryo ivuga ko itewe impungenge ko ibintu bishobora guhinduka haramutse ntagikozwe mu maguru mashya.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibiribwa ku Isu rivuga ko iki cyemezo kizatangira gushyirwa mu bikorwa mu kwezi gutaha kwa gatatu hatagize igikorwa.

PAM itangaza ko ikeneye amadolari ya Amerika agera kuri miliyoni 9 agombwa gukoreshwa hagati y’ukwezi kwa gatatu kugeza mu kwa gatandatu uyu mwaka ariko byaba umwaka wose wa 2021 aya mafaranga akiyongera akagera kuri miliyoni 20.1 z’amadolari ya Amerika.

Umuvugizi wa PAM Emily FREDENBERG asobanura ko nubwo iteganya kugabanya iyi nkunga muri rusange ku mpunzi zose ariko izakomeza gufasha impunzi zifite ibibazo byihariye by’imirire mibi.

Yagize ati “Ni ngombwa kuvuga ko nubwo tugiye kugabanya inkunga ku mpunzi ariko kugeza ubu turacyabasha gufasha impunzi zifite ibibazo byihariye kubona indyo yihariye. Aha ndavuga abagore batwite n’abonsa, abana bari munsi y’imyaka 2, abana b’abanyeshuri, abantu bafite ubwandu bwa virus itera SIDA, navuga ko kugeza ubu nibura tugishoboye gutanga izo serivisi z’ingenzi.”

Ku rundi ruhande ariko umuvugizi w’ishami ry’Umuryango wabibumbye ryita ku mpunzi mu Rwanda, Elise Laura Villechalane avuga ko nubwo bimeze bityo bazakomeza gukangurira abafatanyabikorwa babo kumva iki kibazo maze bakagira icyo bakora.

Ati “Gusa navuga ko ibikorwa byo gukusanya imfashanyo bikomeje kuko mu minsi iri imbere hazaba inama igamije gukusanya izo mfashanyo, aha ni ho tuzabasobanurira ko mu byukuri badatanze izo mfashanyo n’inkunga ntabwo PAM izakomeza kubona ubushobozi bwo kwita ku mpunzi.”

Iki cyemezo kirareba impunzi zose z’abanyamahanga zicumbikiwe mu nkambi z’impunzi mu Rwanda zigera ku bihumbi 135,000 biganjemo abarundi n’abanyekongo. Izi mpunzi zikaba zari zisanzwe zihabwa amafaranga y’u Rwanda ahwanye n’ibihumbi 7,600 buri kwezi abafasha kwihahira ibiribwa mu masoko y’imbere mu gihugu, aya mafaranga akaba ari yo agomba kugabanywa bakajya bahabwa 40% by’aya babonaga.

Sylivanus KAREMERA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage