Yanditswe Dec, 05 2016 17:35 PM | 2,732 Views
Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro inyubako y’ubucuruzi Kigali Heights, inyubako yuzuye itwaye akayabo ka miliyoni 40 z’amadolari ya Amerika (32.000.000.000Frw). Mu ijambo rye,umukuru w’igihugu akaba yasezeranyije abashoramari ubufasha buturutse mu nzego za leta anashimira inkunga yabo mu iterambere ry’igihugu
,Perezida wa Repubukika Paul Kagame yatangaje ko intsinzi y'abacuruzi ari nayo ya Leta: “Uruhare rwa guverinoma ni uguharanira ko business izamuka abantu bagakora ibyo bashaka gukora,ibyo bazi gukora neza ,bagashora imari kandi bakumva ko business zabo zifite umutekano ndetse nabo ubwabo bakagira umutekano kandi iyo mugize ishya n'ihirwe natwe tuba twesheje umuhigo,uko niko natwe biba ibyacu”
Abashoramari bubatse inyubako ya Kigali Heights bagaragaje ko u Rwanda ari ahantu heza ho gushora imari ndetse bashimira inzego za Leta zitandukanye kubwo korohereza ishoramari by'umwihariko Umukuru w'igihugu.
Denis KARERA umuyobozi wa Kigali Heights yagize ati: “Amagambo Umukuru w'igihugu atubwiye mwayumvise. Twebwe nk'abari muri aka aka kazi ubwe aduha imbaraga udashobora kumva,aduha courage dukurikije umurongo aha igihugu,uko aduhamagarira gushora imari mu gihugu mu byukuri iyo ufite umuyobozi nk'uyu ukubwira ati ‘kora ibishoboka ,nsaba icyo nagufasha cyose ariko wowe bikore’,nta kindi waba utegereje rwose”
Perezida Kagame yashimiye abashoramari bubatse iyi nyubako anabizeza ko inzego za Leta zizakora ibikwiye ngo imiryango n'ibigo bifite ibiro mu nzu zagenewe guturwamo zimukire mu nzu zabugenewe nka Kigali Heights.
Inyubako ya Kigali Heights ifite ubuso bwa m6,000 bwagenewe imirimo y'ubucuruzi ubu bwamaze no gufatwa uko bwakabaye mu gihe kuri m2 12,000 byahariwe ibiro ahagera kuri 48% ariho hamaze kubona abahakorera.
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru