Yanditswe Nov, 19 2021 17:09 PM | 145,940 Views
Perezida Paul Kagame yasabye abikorera kongera umusaruro mu bwiza no mu bwinshi bityo bunguke ariko n'igihugu gikomeze kubyungukiramo, byari kuri uyu wa Gatanu mu birori byo gushimira abasora.
Abasora
bahagarariye abandi mu byiciro bitandukanye bari bakereye ibirori byo
kubashimira umusanzu wabo mu iterambere ry'igihugu binyuze mu gutanga umusore
neza kandi ku gihe.
Mu ijambo rye, Perezida Paul Kagame yashimiye abasora buzuza inshingano zabo uko bikwiye, agaragaza umusoro nk'inkingi ikomeye yo kwigira kw'igihugu.
Ikigo cy'igihugu cy'imisoro n'amahooro, kigaragaza ko nubwo ibikorwa by'ubucuruzi byahungabanijwe bikomeye n'icyorezo cya COVID19 bitakibujije kugera ku ntego cyari kihaye mu mwaka w'ingengo y'imari ya 2020/2021.
Perezida w'urugaga rw'abikorera mu Rwanda PSF, Robert Bapfakurera nawe avuga ko nubwo ibikorwa by'abikorera byahungabanye kubera icyorezo cya COVID19, ubu ibintu bitangiye gusubira mu buryo kuko leta yakomeje kubaba hafi.
Abasora 30 bari mu byiciro by'abasora bato, abaciriritse ndetse n'abanini nibo bashimiwe ku mugaragaro muri ibi birori bahabwa ikimenyetso cy'ishimwe.
Aha Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba yashimiye abasora muri rusange kuba barakomeje kuzuza inshingano zabo no mu bihe bitoroshye by'icyorezo cya COVID19.
Ni ku nshuro ya 19 hizihijwe umunsi wo gushimira abasora kuko watangiye kwizihizwa muri 2002.
Ikigo cy'igihugu cy'imisoro n'amahooro kivuga ko kuva uyu munsi watangira kwizihizwa imyumvire y'abasora yateye imbere barushaho kuzuza inshingano zabo ko bikwiye.
By'umwihariko kubera ikoranabuhanga rya EBM, amafaranga akusanywa binyuze mu musoro ku nyongeragaciro cg VAT yariyongereye ku buryo bugaragara ava kuri miliyari 199 mu mwaka w'ingengo y'imari wa 2013/2014, agera kuri miliyari 531 muri 2020/2021.
Divin Uwayo
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru