AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Perezida Kagame yashimiye abagira uruhare mu kurengera ibidukikije no guteza imbere ubukerarugendo

Yanditswe Sep, 25 2020 07:49 AM | 32,177 Views



Perezida Kagame yashimiye abagira uruhare mu kubungabunga ibidukikije no guteza imbere ubukerarugendo

Mu ijambo yageneye umunsi mukuru ngarukamwaka wo Kwita Izina wabaye kuri uyu Kane, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashimiye buri wese ugira uruhare muri gahunda y’u Rwanda yo kubungabunga ibidukikije no guteza imbere ubukerarugendo.

Umuhango wo Kwita Izina ku nshuro ya 16 wabaye mu buryo budasanzwe kubera icyorezo cya COVID19. Ukaba wakozwe hifashishijwe ikoranabuhanga.

Kuri iyi nshuro abana b’ingagi 24 ni bo bahawe amazina. Bitandukanye n’indi myaka, uyu mwaka abise amazina biganjemo abakora imirimo muri parike. Perezika Kagame akaba yabashimiye ubwitange bagaragaza mu kazi kabo.

Yagize ati “Uyu mwaka turibanda ku barinzi ba Parike, abashinzwe kumenya aho ingagi ziri,abazivura, abayobora kuza kuzisura ndetse n’abakira abaje muri parike, baturindira ingagi zo mu birunga.  Ubwitange bwabo bugaragarira mu bana b’ingagi bahawe amazina uyu munsi.”

Umukuru w’Igihugu yavuze ko kubungabunga ibidukikije, ubukerarugendo n’iterambere ry’abaturage bijyana, aho kimwe gituma ikindi gikomera.

Yashimiye abaturiye parike kuba bamokomeje kuba abarinzi beza b’ibidukikije, bakanakira neza abashyitsi basura u Rwanda.

Mu bandi bise amazina abana b’ingagi harimo abakinnyi 3 b’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, ifitanye imikoranire n’u Rwanda muri gahunda yiswe Visit Rwanda.

Aha Perezida Kagame yavuze ko Arsenal ari umufatanyabikorwa mwiza muri gahunda yo kubungabunga ibidukikije no guteza imbere ubukerarugendo.

Yagize ati “Abakinnyi batatu bakomeye b’ikipe ya Arsenal barasigira ikimenyetso abana b’ingagi uyu munsi. Abo ni Pierre-Emerick Aubameyang, Bernd Leno na Hector Bellerin. Arsenal ni umufatanyabikorwa mwiza muri gahunda yacu yo kwerekana akamaro ko kubungabunga ibidukikije no kubwira isi ko gusura u Rwanda ari amahirwe y’imbonekarimwe.”

Perezida Kagame yanashimiye abantu bose bagira uruhare mu guteza imbere ubukerarugendo, abasaba gukomereza aho. Ati “Kuri mwe mwese mugira uruhare muri gahunda y’u Rwanda yo gukomeza kubungabunga ibidukikije no guteza imbere ubukerarugendo, turabashimiye kandi mukomereze aho.”

Yasabye kandi abanyarwanda ndetse n’abaturarwanda gukomeza gusura ibyiza nyaburanga bitatse u Rwanda. Ati “Twishimira kubona imiryango myinshi y’Abanyarwanda n’abaturarwanda bafata umwanya bagasura ibyiza by’iwacu. Ndizera ko ibi bizakomeza, n’igihe abashyitsi baturuka mu mahanga bakomeje kuza, kwihera ijisho ibyiza nyaburanga by’Igihugu cyacu."

Amazina yiswe abana b’ingagi 24:

1. Amabwiriza

2. Nyiramajyambere

3. Amarembo

4. Nkomezamihigo)

5. Kazeneza

6. Uwacu

7. Umuyobozi

8. Umuganga

9. Ihogoza

10. Izabukuru

11. Impinduka

12. Kororoka

13. Ubushobozi

14. Ishya

15. Ikamba

16. Nkerabigwi

17. Indiri

18. Duhuze

19. Isezerano

 20. Murengezi

21. Umusanzu

22. Igitego

23. Iriza

24. Myugariro

UMUHANGO WOSE

Jean-Claude NDAYISHIMYE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage