AGEZWEHO

  • Umurinzi w'Igihango Damas Gisimba warokoye benshi muri Jenoside yatabarutse – Soma inkuru...
  • Angola yashimye umuhate urimo gushyirwa mu biganiro byo kugarura amahoro muri RDC – Soma inkuru...

Perezida Kagame yasuye umukecuru Nyiramandwa w’imyaka 110

Yanditswe Aug, 26 2022 18:27 PM | 111,485 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasuye umukecuru w'imyaka 110, umukecuru wagaragaje ko imiyoborere y'u Rwanda ifite ubudasa agahamagarira urubyiruko kurangwa n'ishyaka n'ingeso nziza.

Byose byatangiye muri 2010.Ubwo Perezida Kagame yiyamamarizaga mu Karere ka Nyamagabe mu matora y'Umukuru w’Igihugu. Umukecuru ugeze mu zabukuru yaramwegereye maze na we ntiyamubuza. Atajuyaje, uwo  mukecuru Nyiramandwa Rachel  wasizwe iheruheru na Jenoside yakorewe Abatutsi,yasabye Perezida Kagame amata.

Ntakuzarira, Perezida Kagame yamugabiye inka maze ku bwo kunyurwa umukecuru Nyiramandwa Rachel yita iyo nka Mporamausanga nk'ikimenyetso cy'isano n'urukundo afitiye Umukuru w'igihugu. Kuva icyo gihe uko Perezida Kagame yasuraga Akarere ka Nyamagabe yahuraga na Nyiramandwa Rachel wahawe izina ry'umukecuru wa Perezida.

Bitandukanye n'ibihe byabanje,ubwo Perezida Kagame yasuraga Akarere ka Nyamagabe ku wa 26 Kanama 2022, yabanje  gusura Nyiramandwa Rachel, umukecuru w'imyaka 110 bigaragara ko amaze kugira intege nke.

Akigera mu nzu nshya yubakiwe,Perezida Kagame yabwiye mukecuru Nyiramandwa ko yaje kumusura.Uyu mubyeyi ibyishimo byamusabye atangira kiririmbira umukuru w'igihugu ahita atangaza ko imiyoborere ye ifite ubudasa.

Nyiramandwa Rachel agira abashyitsi benshi barimo n'abana akamira,ariko kuri iyi nshuro umushyitsi we yari Perezid w'u Rwanda. Nta gihunga yigeze agira ahubwo wabonaga yisanzuye kuwo yita Rudasumbwa wamushumbushize ubwo izo yamugabiye zagiraga ikibazo. Mukecuru Nyiramandwa Rachel yahanuye urubyiruko kurangwa n'ishyaka n'ingeso nziza.

Abazi umukecuru Nyiramandwa Rachel bazi uburyo ahora asabira amahoro n'imigisha Perezida n'umuryango we.Yongeye kubihamya ubwo yari ari kumwe na Perezida mu ruganiriro rw'inzu igezweho yubakiwe.

Ababonye Perezida Kagame ajya gusura umukecuru w'imyaka 110 bahuriye mu bikorwa byo kwiyamamaza bahamije ko iki ari ikimenyetso cy'umuyobozi w'imboneka rimwe ukunda abo ayobora.

Jean Pierre KAGABO



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Minisiteri y'Ibidukikije irabasaba kureka gukoresha ibikoresho bya pulasiti

Angola yashimye umuhate urimo gushyirwa mu biganiro byo kugarura amahoro muri RD

Perezida Kagame yitabiriye irahira rya Perezida Erdogan

Banki Nyafurika itsura amajyambere irasaba imiryango itari iya leta kuyishyigiki

Hakenewe miliyari 296Frw zo gusana no kubaka ku buryo burambye ibyangijwe n'

Inama ya EAC yemeje ko abarwanyi ba M23 bazakirirwa mu kigo cya Rumangabo

Hibutswe Captain Mbaye Diagne wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Abanyamahanga bashoye imari mu Rwanda basanga iki ari igihugu ntangarugero mu ko