Yanditswe Sep, 22 2020 21:22 PM | 22,506 Views
Perezida wa Repubulika
Paul Kagame yitabiriye umuhango wo kwibuka Shimon Peres wabaye Perezida wa
Israel na Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu, witabye Imana mu mwaka wa 2016. Ni
igikorwa cyabaye hifashishijwe ikoranabuhanga
Perezida Kagame yavuze ko abatuye isi bakwiye kongera gutekereza ku ndangagaciro zaranze Shimon Peres, kandi kumwibuka bikajyana no kuzirikana ko amahoro n’umutekano ari ibintu bikenewe mbere na mbere mu mibereho myiza n’iterambere rya muntu.
Umukuru w’Igihugu yavuze ko ku ruhande rwa Guverinoma y’u Rwanda, Abanyarwanda, no mu izina rye bwite ari iby’agaciro kwitabira umuhango wo kwibuka Perezida Shimon Perez wari n’inshuti y’u Rwanda.
Yagize ati “Uyu munsi ibitekerezo byanjye biri kumwe n’umuryango wa Perezida Peres. Mu gihe twibuka umurage w’uyu mugabo w’umuyobozi ukwiye wanyuze imitima ya benshi binyuze mu rugero yatanze, twaba tugize neza twibutse ko amahoro n’umutekano ari ishingiro ry’imibereho myiza ya muntu ndetse n’iterambere,muri Israeli ndetse n’ahandi ku isi. Nk’uko Shimon Peres yabivuze, amahoro si amahitamo ya politiki, ni ikintu cy’ibanze mu mateka ndetse n’amahitamo akwiye kuranga imibireho.”
Perezida Kagame yagaragaje ko kwibuka Perezida Shimon Peres ari ukwibuka uburyo yaharaniraga amahoro, akabishyiramo imbaraga ze n’ubwo hataburaga imbogamizi. Yavuze ko ikigo cyitiriwe Peres, aricyo Peres Centre for peace and innovation gikwiye gukomeza gusigasira indangagaciro zarangaga Peres, zikigishwa n’urubyiruko rw’ibisekuru bizaza.
Shimon Peres yabaye Minisitiri w’Intebe wa Israel wa 8 guhera mu Gushyingo 1995 kugeza muri kamena 1996; aba na Perezida wa Israel kuva 2007 kugeza muri 2014. Yaje kwitaba imana tariki 28 Nzeli 2016.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru