AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Bimwe mu bibazo Perezida Paul Kagame yasubije mu karere ka Gakenke

Yanditswe Mar, 24 2016 12:04 PM | 4,779 Views



Perezida wa republika Paul Kagame, watangiye uruzinduko mu karere ka Gakenke yijeje abaturage b’aka karere gukora ibishoboka byose kugira ngo bagezweho ibikorwa remezo byakomeza kubateza imbere. 

Umukuru w’igihugu yashimiye abanya Gakenke ko hari byinshi bimaze gukorwa kandi biturutse mu mbaraga zabo, kandi ko bakwiye kubakira ku bimaze kugerwaho kugira ngo bagere kuri byinshi byiza. Bimwe mu bibazo abanya Gakenke bagaragarije umukuru w’igihugu birimo imihanda, amavuriro ndetse n’ibindi birebana n’ubuhinzi byose bizejwe ko mu minsi ya vuba bizakemurwa, kuko ngo hari igihe usanga ahanini bitinzwa n’imikorere mibi y’ababishinzwe kdi ibyangombwa byose bihari. 

Yabijeje kubikurikirana, bigashyirwa mu bikorwa. Aha yatanze urugero rw'amafaranga yagombaga kwishyurwa abaturage bayabonye ari uko ahaje nyamara ikibazo kimaze imyaka 4 kizwi.

Perezida wa Repubulika yasabye abaturage kurushaho gukora no kuzuzanya kugira ngo ibibafitiye inyungu bibagereho neza.

Abaturage ibihumbi 338234, ahanini batunzwe n’ubuhinzi n’Ubworozi, ni bo batuye akarere ka Gakenke bakaba bishimira ko ibikorwa remezo birimo amashanyarazi bigenda bibegerezwa. Gusa bagaragaje ikibazo cyo kutagira imihanda myiza ibafasha kugeza umusaruro ku isoko.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage