Yanditswe Nov, 18 2022 18:35 PM | 359,603 Views
Nyuma y’iminsi 10 RBA
itangaje inkuru y’abinubira ko bitaborohera kwiyandikisha ku rubuga Irembo mu
gihe bashaka gukorera imbushya zo gutwara ibinyabiziga,Polisi y’u Rwanda ndetse
n’ubuyobozi bw’urubuga Irembo baratangaza ko izo mbogamizi zakuweho.
Hashize iminsi bamwe mu bashaka gukora ibizamini by’impushya zo gutwara ibinyabiziga bagaragaza imbogamizi bafite. Harimo ukuba hari abo bidakundira kwiyandikisha ku rubuga Irembo kandi baba bujuje ibisabwa byose maze iri koranabuhanga rikabatenguha.
Nyuma y’iminsi 10 dukoze inkuru kuri iki kibazo, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera ravuga ko tariki 19 Ugushyingo,abashaka gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga bazabona itandukaniro.
Yagize ati ”Ikibazo kiba ari uko tutaba tugishoboye guha serivisi inoze abatugana cyangwa se abifuza iyo serivisi iyo habayeho guhagarara haba harimo ikibazo nyine ariko noneho turagira ngo tubabwire kuva ejo tariki ya 19 saa munani z’amanywa abantu batangire kwiyandikisha kandi ku buryo buhoraho izo mpungenge rero bari bafite tumaze iminsi dukorana n’abafatanyabikorwa bacu twiga ku kibazo turumva ko cyakemutse twakiboneye umuti.”
Umuyobozi Mukuru w’Urubuga Irembo rutangirwaho nyinshi muri servisi za Leta Israel Bimpe ntawuzongera guhura n’ikibazo mu kwiyandikisha gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga.
Ati “Ikibazo ni icya tekiniki tuba twagize iyo hari kwiyandikisha abantu akenshi n’igihe bari kwiyandikisha ari benshi bashaka serivisi kandi iyo serivisiiributangwe mu gihe gitoya. Turimo gukorana n’abafatanyabikorwa bacu kugira ngo ibibazo tugenda duhurana na byo bigende bikemuka kugira ngo imirongo iyo ifunguye ikomeze ifunguye ndetse n’abantu bose babashe gukoresha serivisi uko bazikeneye.
NKUSI Immaculée
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru