AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

RRA yagaragaje ko ubwitabire mu kwishyura umusoro ku mutungo utimukanwa bukiri hasi

Yanditswe Apr, 15 2021 17:03 PM | 35,852 Views



Ikigo cy'imisoro n'amahoro, RRA cyatangaje ko abarebwa n'umusoro ku mutungo utimukanwa bakwihutira kuwumenyekanisha no kwishyura, kugira ngo birinde gucibwa amande ashobora kurenga 50%.

Gusa iki kigo kivuga ko ubwitabire kubarebwa n'uyu musoro bukiri hasi kuko buri munsi ya 30%.

Inama y'abaminisitiri yateranye tariki 15 Werurwe uyu mwaka, niyo yatangaje ko umusoro ku butaka w'umwaka wa 2020 uzishyurwa hagendewe ku bipimo byakoreshejwe mu kwishyura umusoro wa 2019.

Ibi binajyana n'uko abazatanga uyu musoro bahawe ukundi kwezi ko kumenyekanisha no gusora, ibintu abarebwa n'uyu mwanzuro basanga bifite inyungu ikomeye.

Kuva muri Nyakanga umwaka ushize nibwo hatangiye gukurikizwa ibipimo bishya by'umusoro ku butaka, aho metero kare imwe yatangiye gusora hagati ya 0 n'amafaranga 300 mu gihe muri 2019 yasoraga hagati ya 0 n'amafaranga 80.

Abagomba kwishyura uyu musoro bavuga ko nubwo icyorezo cya Covid-19 cyakomye mu nkokora ubuzima rusange bw'igihugu, ngo nibura hatanzwe umwanya wo gushakisha amafaranga ku buryo ntawe uzacibwa amande y'ubukererwe.

Kugeza ubu hirya no hino mu Mirenge abagomba gutanga umusoro ku mutungo utimukanwa barimo kuwumenyekanisha abandi bishyura, abatanga iyi serivise basobanura ko umubare w'abaza gusora utaraba munini, gusa bakizera ko uko baba bangana kose bazahabwa serivise.

Nubwo hatanzwe igihe cy'inyongera ku bagomba gutanga umusoro ku mutungo utimukanwa, ikigo cy'imisoro n'amahoro kivuga ko abantu ibihumbi 300 bangana na 30% ari bo bamaze gusora, mu gihe hateganijwe abakabakaba miliyoni imwe.

Komiseri wungirije ushinzwe imisoro yeguriwe inzego z'ibanze, Karasira Erneste avuga ko kutamenyekanisha umusoro ku gihe no kuwutanga biganisha ku gucibwa amande yanagera kuri 50%.

Yagize ati “Ubwitabire buracyari hasi kuko buracyari munsi ya 30% y’abagomba gutanga uwo musoro, dushyizemo abari baramenyekanishije mbere ndetse n’abarimo kumenyekanisha ubu. Ni ikibazo twumva twakangurira abaturarwanda bose kubitekerezaho vuba ku buryo bamenyekanisha bakanishyura uwo musoro batarindiriye umunota wa nyuma.”

Akomeza agira ati “Ibihano biraremereye kandi nta gihano cyoroha, ubundi iyo wamenyekanishije umusoro ariko ntiwishyure ku gihe, wa musoro ubwo wiyongeraho 10%, n’inyungu z’ubukererwe zingana na 1.5% buri kwezi, gutinda kumenyekanisha byo ni 40% by’ayo wagombaga kwishyura.”

Minisiteri y'imari n'igenamigambi ivuga ko ibipimo bishya by'umusoro ku butaka bijeje abaturage ko bizavugururwa, bizatangazwa mu gihe cya vuba ndetse ibyo bikaba ari nabyo bizashingirwaho hishyurwa imisoro y'umwaka wa 2021. Abari batanze imisoro mbere y’uyu mwanzuro bazayaheraho mu kwishyura uwo muri uyu mwaka wa 2021.

Jean Claude Mutuyeyezu



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage