Yanditswe Mar, 19 2024 08:51 AM | 56,909 Views
Urwego Ngenzuramikorere, RURA, rwatangaje ko rwatengushywe n’ikoranabuhanga ryagombaga kwifashisha mu gukemura ikibazo cy’abakora ingendo mu Mujyi wa Kigali usanga bishyura amafaranga adahwanye n’urugendo baba bakoze.
Byatangajwe n’Umuyobozi w’Ishami rishinzwe gushyiraho Ibiciro no kubigenzura muri RURA, Norbert Kamana, ubwo yari mu Kiganiro Waramutse Rwanda cyo kuri uyu wa Kabiri.
Ni ikiganiro cyabaye nyuma y’iminsi mike ibiciro by’ingendo abagenzi bishyura bizamutse bitewe n’uko Leta yakuyeho nkunganire yabishyuriraga.
Kamana yavuze ko mu gukomeza gufasha abagenzi by’umwihariko abo mu Mujyi wa Kigali kugira ngo badakomeza kuremererwa n’ibyo biciro, hari gutegurwa uburyo umugenzi yazajya yishyura igiciro cy’urugendo rungana n’intera yakoze.
Yashimangiye ko ubundi byakabaye byararangiye, bigatangira gukurikizwa ubwo hatangazwaga amavugurura mu rwego rwo gutwara abantu mu buryo bwa rusange, ariko hakabayeho ikibazo cy’ikoranabuhanga rizafasha muri iyo gahunda ariko yizeza ko rizaba ryamaze gukorwa mu mezi atatu ari imbere.
Ati “Ikoranabuhanga ryaradutengushye ntibyatuma icyo cyifuza gishyirwa mu bikorwa ariko mu gihe cya vuba, nkurikije ibyo nabonye, ni uko rizaba ryamaze gutungana mu mezi atatu ku buryo Abanyamujyi bazatangira kwishyura hagendewe ku ngendo bakoze.”
Yakomeje agira ati “Ibyo ni byo koko umuntu azajya yishyura ikiguzi cy’urugendo yakoze atarinze kwishyura urugendo rwose kandi ataragera aho iyo modoka ihagarara bwa nyuma. Natwe twarabibonye ko ari ikibazo.”
Ubusanzwe umugenzi uteze imodoka ya Nyabugogo-Kanombe ariko akaba afite gahunda yo kuviramo Rwandex, icyo gihe yishyura amafaranga yose yo kuva Nyabugogo ugera Kanombe.
Mu gihe bizaba byamaze gushyirwa mu buryo, uwo mugenzi azajya yishyura amafaranga angana no kuva Nyabugogo ugera Rwandex aho kwishyura urugendo rwose rwa Nyabugogo-Kanombe.
Kamana yavuze ko ku bakora ingendo zijya mu ntara ho bisanzwe kuko niba umuntu agiye ku Kamonyi, agatega imodoka ya Kigali-Muhanga, iyo ageze ku Kamonyi, akavamo, yishyura amafaranga angana no kuva i Kigali ugera ku Kamonyi, aho kuba Muhanga.
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru