AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

RURA yatanze amezi 3 yo kuba abagenzi batangiye kwishyura ikiguzi kingana n'urugendo bakoze

Yanditswe Mar, 19 2024 08:51 AM | 56,909 Views



Urwego Ngenzuramikorere, RURA, rwatangaje ko rwatengushywe n’ikoranabuhanga ryagombaga kwifashisha mu gukemura ikibazo cy’abakora ingendo mu Mujyi wa Kigali usanga bishyura amafaranga adahwanye n’urugendo baba bakoze.

Byatangajwe n’Umuyobozi w’Ishami rishinzwe gushyiraho Ibiciro no kubigenzura muri RURA, Norbert Kamana, ubwo yari mu Kiganiro Waramutse Rwanda cyo kuri uyu wa Kabiri.

Ni ikiganiro cyabaye nyuma y’iminsi mike ibiciro by’ingendo abagenzi bishyura bizamutse bitewe n’uko Leta yakuyeho nkunganire yabishyuriraga.

Kamana yavuze ko mu gukomeza gufasha abagenzi by’umwihariko abo mu Mujyi wa Kigali kugira ngo badakomeza kuremererwa n’ibyo biciro, hari gutegurwa uburyo umugenzi yazajya yishyura igiciro cy’urugendo rungana n’intera yakoze.

Yashimangiye ko ubundi byakabaye byararangiye, bigatangira gukurikizwa ubwo hatangazwaga amavugurura mu rwego rwo gutwara abantu mu buryo bwa rusange, ariko hakabayeho ikibazo cy’ikoranabuhanga rizafasha muri iyo gahunda ariko yizeza ko rizaba ryamaze gukorwa mu mezi atatu ari imbere.

Ati “Ikoranabuhanga ryaradutengushye ntibyatuma icyo cyifuza gishyirwa mu bikorwa ariko mu gihe cya vuba, nkurikije ibyo nabonye, ni uko rizaba ryamaze gutungana mu mezi atatu ku buryo Abanyamujyi bazatangira kwishyura hagendewe ku ngendo bakoze.”

Yakomeje agira ati “Ibyo ni byo koko umuntu azajya yishyura ikiguzi cy’urugendo yakoze atarinze kwishyura urugendo rwose kandi ataragera aho iyo modoka ihagarara bwa nyuma. Natwe twarabibonye ko ari ikibazo.”

Ubusanzwe umugenzi uteze imodoka ya Nyabugogo-Kanombe ariko akaba afite gahunda yo kuviramo Rwandex, icyo gihe yishyura amafaranga yose yo kuva Nyabugogo ugera Kanombe.

Mu gihe bizaba byamaze gushyirwa mu buryo, uwo mugenzi azajya yishyura amafaranga angana no kuva Nyabugogo ugera Rwandex aho kwishyura urugendo rwose rwa Nyabugogo-Kanombe. 

Kamana yavuze ko ku bakora ingendo zijya mu ntara ho bisanzwe kuko niba umuntu agiye ku Kamonyi, agatega imodoka ya Kigali-Muhanga, iyo ageze ku Kamonyi, akavamo, yishyura amafaranga angana no kuva i Kigali ugera ku Kamonyi, aho kuba Muhanga.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage