AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Rusizi: Hatashywe ibiraro bitatu byo mu kirere

Yanditswe Nov, 23 2022 12:35 PM | 218,157 Views



Abaturage bo mu Karere ka Rusizi biganjemo abo mu Murenge wa Butare baravuga ko ibiraro bitatu byo mu kirere bubakiwe bigiye kunoza ubuhahirane n'imigenderanire kuko ngo iyo imigezi yuzuraga byabaga bigoye kwambuka ngo bagere mu bindi bice kandi ari ho bashakira imibereho.

Aba baturage batangaje ibi mu gihe hatahagwa ibiraro bitatu byo mu kirere birimo ikiri mu Murenge wa Bugarama na bibiri biri mu Murenge  wa Butare bihuza utugari n'indi mirenge.

Aha mu Murenge wa Butare ikiraro gihuza akagali ka Gatereri n'aka Rwambogo gifite uburebure bwa metero 98, ngo kije ari igisubizo ku buhahirane bwari bwarahagaze kuri utwo tugari ndetse no kubaturuka mu Murenge wa Bweyeye berekeza mu bindi bice.

Aba baturage ngo barashima Perezida wa Repubulika Paul Kagame wibuka n'abatuye mu cyaro cya kure bakabona iterambere. Bati turamushimira kubw'izi nzira zo mu kirere. 

Umuyobozi w'Akarere ka Rusizi Dr. Kibiriga Anicet avuga ko uretse ibi biraro bitatu byo mu kirere bujuje muri uyu mwaka, ngo umwaka utaha hari gahunda yo kubaka ibindi bibiri muri uyu Murenge wa Butare n'ahandi kugira ngo abaturage bakomeze guhahirana biteze imbere nta nkomyi.

Iki kiraro gihuza Gatereri na Rwambogo cyatwaye miliyoni zisaga 130; byose uko ari bitatu byatwaye miliyoni zikabakaba 400 z'amafaranga y'u Rwanda.


Jeannine Ndayizeye




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage