AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Sena ihangayikishijwe n'impanuka zo mu muhanda zikomeje kwica benshi

Yanditswe Nov, 28 2022 20:41 PM | 246,845 Views



Abasenateri bagize Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano bavuga ko ikibazo cy’impanuka zo mu muhanda gihangayikishije bagasaba inzego bireba kugihagurukira kuko zihitana ubuzima bw’abatari bake.

Imibare Polisi y'u Rwanda y yerekena ko mu 2018 impanuka zahitanye abantu 597, muri 2019 zigwamo abantu 673, muri 2020 hapfa abantu 675  na ho 2021 baba 655.

Ikigega cy’ingoboka cyihariye kigaragaza ko kuva muri Nyakanga 2019 kugeza muri Kamena 2022 hamenyekanishijwe impanuka 990. Muri zo, impanuka 591 ni ukuvuga 59.7% zatewe n’ibinyabiziga bitari bifite ubwishingizi, harimo 74.6% bingana n’impanuka 441 zatewe na moto zidafite ubwishingizi.

Iki kibazo cyahagurukije abasenateri bagize Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano bareba uko gihagaze hirya no hino mu gihugu. 

Mu kiganiro iyi komisiyo yagiranye n’inzego zirimo ikigega cyihariye cy’ingoboka, ishyirahamwe ry’ibigo by’ubwishingizi mu Rwanda n’Urwego ngenzuramikorere RURA, hagarutswe ku bitera izi mpanuka birimo imodoka zishaje zitwara abanyeshuri n’amakamyo atunda imicanga n’amabuye.

Abayobozi b’izi nzego na bo bagaragaza ko izi mpanuka ziteza igihombo mu buryo bunyuranye cyane cyane ku bari mu bwishingizi naho RURA ikagaragaza ko hari ingamba zigenda zifatwa.

RURA ivuga ko abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange batangiye guhabwa ikarita y’ubunyamwuga ku buryo 2043 bazihawe kuri 2,400 bazisabye. Gusa muri abo, 30 barahanwe bitewe no kwitwara nabi.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage