AGEZWEHO

  • Umujyi wa Kigali ni wo wugarijwe: Ishusho ya ruswa mu myaka itanu ishize – Soma inkuru...
  • Ishyaka PDI ryiyemeje kuzashyigikira Paul Kagame mu matora y’Umukuru w’Igihugu – Soma inkuru...

Sinicuza na gato gukora no gushimwa n'abantu - Perezida Kagame

Yanditswe Mar, 15 2024 15:42 PM | 159,523 Views



Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuze ko adashidikanya ko Abanyarwanda n'inzego zubatswe bafite ubushobozi bwo gukora amahitamo abereye igihugu, kabone n'ubwo we yaba atagikomeje kuyobora.

Umukuru w’Igihugu yabitangaje mu kiganiro yagiranye na na NTV yo muri Kenya, cyagarutse ku ngingo zitandukanye zirimo politiki y’u Rwanda ndetse n’ikibazo cy’umutekano muke gikomeje kuba agatereranzamba mu Burasirazuba bwa RDC.

Perezida Kagame yabajijwe niba igihugu kimaze kwiyubaka mu bushobozi bwacyo ndetse n’ubw’abaturage ku buryo aramutse atayoboye, hari abandi bayobora.

Ati "Mbere ya byose, sinicuza na gato gukora no gushimwa n'aba bantu. Kuri iki nta kibazo nkifiteho kuko nakabaye nibaza icyo nagombaga gukora. Icya kabiri, ntekereza ko icyerekezo gihari, twashyize imbaraga mu kubaka abantu, muri twe.”

Yakomeje agira ati “Mu nzego, twubatse inzego, ndetse zizakomeza gukomera, kugeza aho iki gisobanura ikibazo cya nyuma ya Kagame. Nyuma ya Kagame, izi nzego, aba bantu twashoyemo, twanyuze mu ngorane hamwe, turwana mu mpande zose, muri izi mbogamizi zose,  n'ubwo rimwe nababwira nti, ntimugomba gutegereza ko rimwe nzabyuka nkababwira ko ntashobora gukomeza.”

Perezida Kagame yavuze ko inzego z’igihugu ziyubatse kandi zizakomeza gukomera ku buryo afite icyizere ko igihe azaba atongeye kwiyamamaza kuyobora u Rwanda, uzaza nyuma ye azakora ibyiza.

Ati “Mbere yo kubivuga, ndabizi ko byihuse, abantu bazaterana bakabona undi, undi utazaba ameze nkanjye, azaba atandukanye, binashoboka ko yakora byiza kundusha, ibyo birashoboka.”

Yakomeje agira ati “ Cyangwa uzatujyana aho ntazi, ariko ni yo mpamvu hazi izi nzego twagiye twubaka, kugira ngo nihaza umuntu utujyana ahadakwiye, bavuge bati, oya, aha si ho twifuza kujya."

Perezida Kagame kandi yabajijwe ko yakiriye kongera gutangwa nk’umukandida mu matora y’Umukuru w’Igihugu n’ishyaka rye rya FPR Inkotanyi, avuga ko ari inshingano yemeye kubera amateka y’Igihugu.

Ati “Narabibwiye nti 'ntabwo mukwiriye gutegereza umunsi nzababwira nti ibi birahagije ntabwo nzakomezanya namwe', narababwiye nti nemera izi nshingano rimwe na rimwe mu buribwe.”

Akayezu Jean de Dieu



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage