Yanditswe May, 20 2022 17:47 PM | 101,351 Views
Kuri uyu wa Gatanu, u Bubiligi bwahaye u Rwanda inkunga ya Miliyari 18.800 z’amafaranga y’u Rwanda, azakoreshwa mu
mushinga ugamije guteza imbere abagore n'urubyiruko.
Amasezerano y’iyi nkunga yasinywe hagati ya minisitiri w’imari n’igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana na Ambasaderi w’u Bubiligi mu Rwanda, Bert Versmessen.
Minisitiri Dr Ndagijimana asobanura ko iyi nkunga izafasha muri gahunda igihugu gisanganywe yo kugabanya ubushomeri by'umwihariko mu rubyiruko n'abagore.
Yagize ati "Ikibazo cy'umurirmo mu rubyiruko ni ikibazo kigari ku buryo ibyakozwe twavuga ko bihagije ngo bose babone imirimo, dore ko n'igipimo cyerekana ko abadafite imirimo kikiri hejuru, uyu mushinga rero uzafasha muri iyo mishinga isanzweho, harimo no kubafasha gushinga ubucuruzi buri ku rwego uciriritse hagamijwe ko biteza imbere."
Ambasaderi w'u Bubiligi mu Rwanda, Bert Versmessen avuga ko gutera inkunga ibikorwa by'urubyiruko n'abagore no kubafasha guhanga imirimo ari gahunda nziza kandi yihuse yo kugera ku itermabere.
"Mu isuzuma twakoze twabonye ko iyo witaye kuri ibi byiciro byombi ubona umusaruro munini kandi vuba, hanyuma impamvu yo gukorera i Kigali no mu nkenggero z'ikiyaga cya Kivu ni uko twashakaga kugera ku bantu benshi bari muri za nzego twavuze mu bushabitsi bwinshi nko ku ngengero nyine za kiriya kiyaga, muri rusange rero ibyiciro byabo dutera inkunga naho bari byose byaherewe ku gushaka kugera ku musaruro mwiza kurushaho."
Minisiteri y'imari n'igenamigambi ivuga ko umushinga uzashorwamo aya mafaranga uzakorerwa mu Mujyi wa Kigali no mu turere dukikije ikiyaga cya Kivu turimo Rubavu, Rutsiro, Karongi, Rusizi na Nyamasheke.
Uyu mushinga uzashyirwa mu bikorwa na minisiteri y'abakozi ba Leta n'umurimo, ifatanyije n'ikigo cy'Ababiligi ENABEL ndetse n'abikorera.
Fiston Felix Habineza
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru