AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

U Rwanda na Togo basinye amasezerano y'ubufatanye mu ngendo zo mu kirere

Yanditswe May, 22 2018 21:45 PM | 51,395 Views



Amasezerano y’ubufatanye hagati y’u Rwanda na Togo ajyanye n’imikoranire mu ngendo zo mu kirere yitezweho gufasha abaturage b’ibihugu byombi. 

Ku ruhande rw’u Rwanda aya masezerano yashyizweho umukono n’umunyamabanga wa leta muri Minisiteri y’ibikorwa remezo Jean de Dieu Uwihanganye naho ku ruhande rwa Togo yashyizweho umukono na Minisitiri w’ibikorwa remezo n’ubwikorezi mu gihugu Gnofam Ninsao.

Minisitiri w’ibikorwa remezo n’ubwikorezi muri Togo Gnofam Ninsao we yagaragaje ko aya masezerano azafasha igihugu cye mu iterambere ry’ingendo zo mu kirere bitewe n’uko Togo yateye imbere mu bijyanye n’ubuhinzi. Yagize ati, "Ibikorwa byose byakozwe hagati y'ibihugu byombi kugeza ubu biri muri gahunda y'umuryango wa Afurika yunze ubumwe, bigamije kunoza imikoranire hagati y'ibihugu nk'urugero Togo ni igihugu giteye imbere mu buhinzi hashobora kuba uruhererekane rw'ubucuruzu hamwe n'u Rwanda.

Umunyamabanga wa leta muri Minisiteri y’ibikorwa remezoJean de Dieu Uwihanganye yavuze ko aya masezerano azafasha u Rwanda ubuhahirane hagati y’ibihugu byombi, aho ibihingwa nk’ibirayi n’indabo ari bimwe mu bishobora kujyanwa mu gihugu cya Togo. Ati, "Buriya turareba cyane ibyo dushobora gukura muri Togo kubera ubuhinzi buteye imbere tunarebe ibyo dushobora kuvana mu Rwanda, hari ibicuruzwa byinshi byagaragaye ko bishobora kuvanwa mu Rwanda bijyanwa mu bice bya Afurika y'iburengerazuba cyane cyane mu bihugu nka Togo, Benin n'ibindi twavuga nk'ibirayi ni igihingwa tumaze igihe duhinga, binavugwa ko ari igihingwa abaturage basigaye beza bikanarenza umusaruro, muri biriya bihugu byo mu burengerazuba si igihingwa gihigwayo cyane, ku buryo dutekereza ko dukoresheje company yacu y'indege ya Rwandair bishobora kujyanwa hanze, harimo n'ibindi bihingwa bitandukanye twavuga nk'indabyo u Rwanda rumaze kugera ku rwego rukomeye aho rwohereza mu mahanga indabyo."

Aya masezerano asinywe nyuma y’imyaka 8 aganirwaho hagati y’ibihugu byombi, aya masezerano aha u Rwanda uburenganzira busesuye ku bibuga by’indege byo muri Togo, amasezerano nk’aya u Rwanda rumaze kuyasinya mu bihugu 37.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage