AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Ububiligi buzakomeza kongera umubare w'abashoramari mu Rwanda- Min. Reynders

Yanditswe Jun, 09 2016 17:03 PM | 1,879 Views



Igihugu cy'Ububiligi kiravuga ko kizakomeza kongera umubare w’abashoramari b’ababiligi baza mu Rwanda, bigendanye no kongera ingendo z’indege. U Rwanda narwo rwishimira ko ububiligi ari igihugu gitera inkunga u Rwanda kuva kera kandi nticyivange muri politiki y’u Rwanda. Ibi byatangarijwe mu kiganiro ministiri w'ububanyi n'amahanga w'u Rwanda Louise Mushikiwabo ari kumwe na mugenzi we w'Ububiligi Didier Reynders, bagiranye n'abanyamakuru kuri uyu wa kane.

Aba ba Minisitiri b'ibihugu byombi bashimangiye ko umubano w’u Rwanda n’Ububiligi uhagaze neza. Ibi ni nabyo Didier Reynders yahereyeho avuga ko ababiligi biteze kongera ibikorwa by’ishoramari mu Rwanda harimo no kongera ingendo z’indege.

Yagize ati: “Ejo twabonye ko hari ishoramari ryinshi rituruka mu Bubiligi  kandi dushaka ko bikomeza cyane kuko birashoboka ko twategura ingendo z'indege 6 ku cyumweru ibi byazana iterambere kandi ikibuga cy'indege cya kigali gifite ubushobozi twabonye kirimo no kwagurwa ikindi n’ubwo ntashaka kubijyamo cyane ni iterambere ry'inganda nto bityo tuzafasha abantu benshi kuzana ishoramari ryabo mu Rwanda.”

Abajijwe ku kuba hari ibihugu by'iburayi bitera inkunga ibya Afurika, bikifuza ko bikora ibyo bashaka , minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo yavuze ko ibyo bidasobanuye ko aribo bagena politiki z’ibihugu ari nayo mpamvu u Rwanda rwishimira umubano n’ububiligi.


Ikiganiro ba minisitiri b'ibihugu byombi bagiranye n'abanyamakuru kibanze no ku bibazo by’umutekano wo mu karere cyane cyane mu bihugu bihana imbibi n’u Rwanda nka Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’Uburundi.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’ububiligi Didier Reynders yavuze ko igihugu cye gishishikajwe n'uko hataba imvururu mu gihugu icyaricyo cyose cyo muri aka karere biturutse ku matora. Minisitiri Reynders yageze mu Rwanda ku wa Gatatu mu ruzinduko rw'iminsi ibiri. Yaje avuye mu gihugu cya Tanzania.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage