AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Uko Urubyiruko rw'imfubyi rwo muri Rubavu rwagaruriwe ubuzima na Unity Club Intwararumuri

Yanditswe Oct, 12 2021 20:01 PM | 57,513 Views



Urubyiruko rw'Imfubyi rwo mu karere ka Rubavu rwatujwe mu Mudugudu w'Imparanira-Kwigira wubatswe n'Umuryango Unity Club Intwararumuri, rurashimira uyu muryango ko wabahaye icyizere cy'ubuzima kuko batagiheranwa n'agahinda ko kuba imfubyi.

Ntawumenyumunsi Jean Pierre afite imyaka 32 na Ikinyange Virginie, bombi ni imfubyi, kuva bakiri abana barerewe mu cyahoze ari ikigo cy’imfubyi cya Orpherinat Noel de Nyundo cyaje gufungwa kugira ngo abana barererwe mu miryango.

Aba bari muri 20 bamaze imyaka 8 mu buzima bushya bwo kuba mu nzu zabo batujwemo mu Mudugudu wiswe Imparanira-Kwigira bubakiwe n'Umurango Unity Club Intwararumuri.

Ni inzu 20 ziri mu Mudugudu wa Bushengo Akagari ka Gikombe mu Murenge wa Rubavu, zubatswe mu buryo bugezweho bw'inzu 4 muri imwe bizwi nka 4 in one kandi buri imwe ifite ibyumba 3, salon n'urukarabiro.

Uru rubyiruko ruvuga ko nyuma yo kubakirwa izi nzu byabagaruriye icyizere cy’ejo hazaza, bagashimira Umuryango Unity Club Intwararumuri wababareye umubyeyi.

Dr Charles Muligande Umunyamuryango wa Unity Club Intwararumuri avuga ko abagizwe imfubyi na Jenoside yakorewe Abatutsi badakWiye guheranwa n'agahinda, kuko igihugu kibafite ku mutima.

Mu gihe hizihizwa isabukuru y'imyaka 25 ishize Umuryango Unity Club Intwararumuri ushinzwe, uru rubyiruko rwishimira ko rwashoboye kwiga amashuri makuru na Kaminuza, bamwe bihangira imirimo ishingiye ahanini ku bucuruzi ndetse abandi bashoboye gushinga ingo zabo.


Didace Niyibizi




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage