AGEZWEHO

  • RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho kwiba amadorali ya Amerika asaga 9000 – Soma inkuru...
  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...

Uko inzego za leta zikoresha ingengo y’imari mu guteza imbere abaturage

Yanditswe Apr, 27 2022 20:22 PM | 103,922 Views



Bamwe mu bayobozi b’inzego zikoresha ingengo y’imari ya Leta ndetse n’impuguke mu bukungu, bemeza ko kuri ubu hashingirwa ku mishinga yakorewe igenamigambi mu kugena ingengo y’imari ihabwa inzego za Leta, ibi ngo si ko mbere byakorwaga bityo imishinga imwe n’imwe ikadindira.

Mu mikoreshereze y’ingengo y’imari y’Uturere, Intara n’Umujyi wa Kigali hasigaye harajemo impinduka kuko mbere ngo izi nzego zahabwaga nka kimwe cya kane cy’amafaranga yose zagenewe mu mwaka w’ingengo y’imari hatitawe ku gaciro k’imishinga igomba gushyirwa mu bikorwa bityo bikadindiza imishinga iba yagenwe.

Perezida w’Inama Njyanama y’Umujyi wa Kigali, Dr Kayihura Didas avuga ko izi ari impinduka zoroheje imikorere nubwo hakiri igice cy’amafaranga aturuka mu misoro atinda kuboneka.

"Imisoro akenshi iboneka mu ntangiriro y’umwaka guhera mu kwezi kwa 7 kugeza mu kwa 12 usanga kurwana no kugira ngo begeranye imisoro ariko itazira igihe, itaza byihuse ariko buriya no mu mitegurire yacu hagomba kurebwa ko usibye ayacu tugenerwa,ariko aturuka mu misoro twareba uburyo ibikorwa byacu tubishyira mu gihe runaka tuzi neza ko iyo misoro izaba yabonetse. Impinduka yabayemo ni uko aho kugira ngo bavuge ko iki gihembwe turatanga 20% ahubwo ubu igikorwa nuko bareba imishinga mufite mu gihe runaka akaba ariyo iba itewe inkunga ugasanga bituma imishinga yihuta kuko muba mwarayiteguriye."

Perezida wa Komisiyo y’ingengo y’imari n’Umutungo by’igihugu mu Nteko ishinga amategeko, Umutwe w’Abadepite, Prof. Omar Munyaneza avuga ko imishinga y’iterambere yavuye mu bitekerezo by’abaturage ubwabo ariyo yahereweho ku ikubitiro.

"Icyo twashimiye cya mbere ni uko byatugaragariye ko mu ngengo y’imari hari harashyizwemo imishinga isubiza ibibazo by’abaturage bagendeye ku bitekerezo bari batanze cyane cyane imishinga y’iterambere ndetse n’izamura imibereho myiza yabo. Ikindi twabonye twashimye n uko imishinga yatangiye bigaragara ko noneho itagihagarara kuko ubundi mbere umushinga washoboraga gutangira ukadindira ndetse mungengo y’imari y’umwaka ukurikiyeho ikaba yakurwamo itarangiye, ibyo rero byarakemutse byatugaragariye ko niyo umushinga waba utarangiye ariko no mu mwaka w’ingengo y’imari ukurikiyeho urakomeza."

Impuguke mu bukungu Straton Habyarimana avuga ko kuba inzego zitinda kubona uburenganzira bwa Minisiteri y’Ubutabera ku mishinga irengeje amafaranga miliyoni 500, ndetse na ba rwiyemezamirimo batishimira uburyo amasoko aba yatanzwe bakajurira ntibahite babona igisubizo ku byavuye mu bujurire, biri mu bitinza ishyirwa mu bikorwa ry’imishinga inyuranye.

Kuri ubu u Rwanda rugeze kure rwihaza mu ngengo y’imari, aho guhora ruteze amaso inkunga y’amahanga. 

Iyo ngengo ni yo yifashishwa mu gushyira mu bikorwa imishinga y’iterambere ihindura imibereho y’abaturage.

Bosco Kwizera




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage