AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Utugari 148 ntituragerwamo n'umuriro w'amashanyarazi mu gihugu

Yanditswe May, 23 2021 19:13 PM | 47,966 Views



Kugeza ubu Utugari 148 nitwo tutarageramo umuriro w'amashanyarazi mu gihugu, sosiyete y'u Rwanda ishinzwe ingufu REG ikaba ivuga ko hafi 40% by’ingo zo mu Rwanda zitayafite, harimo na zimwe zibarizwa mu Mujyi wa Kigali.

Mu kagali ka ka Kabuye Umurenge wa Jabana mu Mudugudu wa Buriza mu karere ka Gasabo, hatuyemo abaturage batarabona umuriro w'amashanyarazi.

Mu masaha y’ijoro aba baturage bavuga ko biyambaza udutara tuzwi nk’udutadowa cyangwa bakifashisha buji.

Uwitwa Muhutukazi Budensiyana uhatuye, avuga ko ubu aribwo buryo  akoresha kugira ngo umuhungu we, Shema Cedric wiga mu mashuri yisumbuye ashobore gusubiramo amasomo.

Ati ‘’Kuba dutuye mu Mujyi tugacana agatadowa abandi bacana amashanyarazi twumva bitubangamiye, ducana agatadowa twaba tutabonye igiceri cyo kugura peteroli turarira aho."

Avuga ko uyu mwana iyo arimo kwiga amasaha y'ijoro,  agatadowa kamutera imyotsi ntabone, ndetse imyotsi ikaba ituma akorora.

Abatuye muri uyu Mudugudu mu karere ka Gasabo, nyuma yo kubona amapoto y'amashanyarazi abanyura hejuru, bishyize hamwe mu 2018 bakusanya amafaranga ngo bawusabe ariko ngo amaso yaheze mu kirere.

Umuyobozi ushinzwe kubaka imiyoboro igeza amashanyarazi ku baturage ukorera mu mushinga ERP wa REG,  Nzayisenga Theoneste, avuga ko Imirenge yose igize igihugu imaze kubona umuriro w'amashanyarazi, ikibazo kikaba gisigaye mu tugari 148 no mu bice bimwe na bimwe by'Umujyi wa Kigali.

Ati  "Umujyi wa Kigali wo ufite umwihariko kuko biteganijwe ko bitarenze uyu mwaka nta muturage n'umwe uwutuyemo uzaba udafite amashanyarazi, gukora inyigo byose byararangiye, imirimo yaratangiye yo kugeza amashanyarazi kuri buri rugo, mu turere twa Kicukiro na Nyarugenge bo byanze bikunze bitarenze uku kwezi kwa gatandatu baraba bayabonye.”

“Muri Gasabo hari Imirenge imwe n’imwe igifite abantu benshi, ku buryo harimo akazi tukavuga ko kaba karangiye muri Nzeri uyu mwaka, ariko bose tugomba kubageraho nta numwe dusimbutse. Abo bo muri Jabana bihangane barabona amashanyarazi.”

REG igaragaza ko ingo 60.9% mu Rwanda zimaze kugerwaho n'umuriro w'amashanyarazi, izigera kuri 40% zisigaye ukaba uzazigeraho bitarenze mu mwaka wa 2024 aho buri muturage azaba afite amashanyarazi.

Jean Paul Turatsinze



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage