AGEZWEHO

  • Minisitiri Gasana yasabye urubyiruko gushikama bagahangana n’abakomeje gupfobya Jenoside – Soma inkuru...
  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...

Cyemayire Emmanuel yagarutse mu Rwanda nyuma y'iminsi 25 afungiwe muri Uganda

Yanditswe Jan, 30 2018 18:57 PM | 12,100 Views



Nyuma y’iminsi 25 afunzwe akanakorerwa iyicarubozo muri Uganda umunyarwanda Emmanuel Cyemayire yagarutse mu Rwanda. Cyemayire Emmanuel avuga ko yafashwe taliki 4/01/2018 mu mujyi wa Mbarara muri Uganda aho yari asanzwe akorera akazi ke k’ubucuruzi. 

Cyemayire yemeza ko yafashwe n’inzego ziperereza za Uganda CMI, agira ati, ''mu gukora statement bambajije imyirondoro yanjye, hanyuma mu gihe nari ndimo gukora statement mbonaho indi file ku ruhande iriho amazina y'umupasteri dusengana kuko uwambazaga yambazaga anayirebaho, nahise mbona ko afite uruhare mu ifungwa ryanjye. Noneho hashize n'akanya mbona haje abapasteri babiri dusengana sinzi niba bari bazi ko mpari, hanyuma maze gukora statement bansubiza muri ya room nimugoroba saa moya n'igice bamfunga igitambaro mu maso bantwara i Kampala tugerayo n'kisa saba zijoro.''

Nyuma y’iminsi 25 afungiye muri gereza ya Mbuya mu murwa mukuru wa Uganda Kampala Cyemayire Emmanuel asobanura uburyo yaje kongera gusohoka.

''Nagiye nsobanura, ngerageza nsobanura, ariko ukabona ntibabyumva. Bakavuga bati tubwize ukuri turagukubita, bati wewe utapata shida, turagukubita. Nkababwira nti ibyo mbabwira ni ukuri kuko nta kindi kintu cyanzanaga. Bambaza E-mail yanjye na Password, na Password ya mobile maze barangije barambwira bati ''Emmanuel dukurikije ibibazo tukubajije, twagufashe ducyeka ko uri muri Uganda mu buryo munyuranye n'amategeko, ariko dukurikije ibibazo tukubajije, dusanze uri mu Bugande mu buryo bwemewe n'amategeko. Ni uko bambwiye....bambwiye mu cyongereza ngo ''we shall release you any time ariko Boss wacu niwe uzagufungura, genda wihangane utegereze.''

Ifungwa n'itotezwa rya Cyemayire Emmanuel muri Uganda rije rikurikira abandi banyarwanda bafunzwe ndetse bakanatotezwa umwaka ushize kandi mu buryo butemewe. 



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage