AGEZWEHO

  • Burera: Minisitiri Gasana yasabye urubyiruko gushikama bagahangana n’abakomeje gupfobya Jenoside – Soma inkuru...
  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...

Perezida Kagame yifatanyije n'abaturage mu myitozo ngororangingo iba 2 mu kwezi

Yanditswe Jun, 17 2018 21:39 PM | 158,952 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame arashishikariza abanyarwanda gukora siporo n’imyitozo ngororangingo kuko gufata umubiri neza bituma n’ubwonko bukora neza. Ibi umukuru w’igihugu yabivuze ubwo yifatanyaga n’abatuye Kigali muri sporo rusange iba kabiri mu kwezi izwi ku izina rya Car free day.

Mu ijambo rye Perezida Kagame yagize ati: Ndabona abakiri bato n’abageze mu zabukuru bari hano, Ndagirango mbashimire ko mwitabira iyi myitozo ngororamubiri. Iyo ufata neza umubiri, ubwonko nabwo bukora neza.

Buri Cyumweru cya mbere n’icya gatatu cy’ukwezi, abantu b’ingeri zose bo mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali bahurira muri siporo ku kibuga cy’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro, bagakora imyitozo ngororangingo itandukanye.

Umukuru w’igihugu yifurije abitabiriye siporo icyumweru cyiza n'ubuzima bwiza.

Car Free Day ni gahunda yatangiye muri Gicurasi 2016 igamije gushishikariza abatuye Umujyi wa Kigali umuco wo gukora siporo no kubiborohereza; gushishikariza abaturage kwirinda indwara zitandura.

Iki gikorwa kandi kiri muri gahunda yo kwigisha no kumenyereza abantu ko imihanda itubakirwa imodoka gusa, ahubwo ko yubakirwa abantu. Ibi bigafasha mu kugabanya ubucucike bw’imodoka, ndetse n’ihumanywa ry’ikirere. Iyi siporo ikorwa no mu bindi bice bitandukanye by’igihugu.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage