AGEZWEHO

  • Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Kristalina Georgieva uyobora IMF – Soma inkuru...
  • Mu 2023 u Rwanda rwasuwe na ba mukerarugendo barenga Miliyoni imwe – Soma inkuru...

Amasasu yarashwe hejuru ubwo agace ka gereza ya Nyarugenge kafatwaga n'umuriro

Yanditswe Dec, 26 2016 12:26 PM | 2,546 Views



Ku cyumweru, agace gato ka gereza ya Nyarugenge kafashwe n'inkongi y'umuriro. Iyi nkongi y'umuriro nta muntu yahitanye ndetse nta n'ibintu byinshi byangiritse kuko inzego zishinzwe kuzimya umuriro zahise zahise zitabara zibasha kuwuzimya. 

Ministre w'ubutabera Johnston Busingye yavuze ko hagiye gukorwa iperereza ku cyateye iyo nkongi y'umuriro kuko kitaramenyekana.

Agace gatoya ka Gereza ya Nyarugenge ikunze kwitwa 1930 gafite ubuso bwa m2 20 niko kibasiwe n'inkongi y'umurio. Nta muntu wahiriyemo cyangwa ngo akomeretswe n'uwo muriro, uretse abagororwa 2 bahungaga bakagwa mu muferege bagakomereka ku buryo bworoheje, mu gihe abandi basohorwagamo ngo bajye hanze mu rupangu rwa gereza.

ACP Seminega John Baptiste, umuyobozi w'ishami rizimya umuriro muri polisi y'u Rwanda yavuze ko iyo nkongi y'umuriro ikimenyekana abashinzwe kuzimya umuriro bihutiye gutabara ntihangirika ibintu byinshi

Ministre w'ubutabera Johnston Busingye yasobanuye ko nta muntu iyo nkongi yahitanye ko ahubwo abacungagereza bakanze abagororwa ngo badatoroka. Ubu ngo hakaba hagiye gukorwa iperereza ku cyateye iyo nkongi, ''amasasu yatewe mu kirere hejuru, abacungagereza babifitiye uburenganzira bwo gukubita amasasu hejuru kugira ngo abagororwa bareke gukora ibyo batagomba gukora. Turashyiraho abantu bareba uko ibintu bimeze n'uko byasubirwa mu buryo, abagororwa basubire muri gerez auko bisanzwe, ubundi dushakisjhe icyateye uyu murirro nitukimenya tukibwire Abanyarwanda.''



Gereza ya Nyarugenge ifungiyemo abagororwa basaga 3000, abagabo n'abagore. Mu mezi make ari imbere abafungiyemo bazimurirwa muri gereza nshya irimo kubakwa mu murenge wa Mageragere mu karere ka Nyarugenge 

Inkuru irambuye mu mashusho:





Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage