AGEZWEHO

  • Burera: Minisitiri Gasana yasabye urubyiruko gushikama bagahangana n’abakomeje gupfobya Jenoside – Soma inkuru...
  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...

Abanyekongo baba mu Rwanda barasaba bagenzi babo kudahohotera abavuga Ikinyarwanda

Yanditswe Nov, 05 2022 20:38 PM | 107,437 Views



Abanyekongo baba mu Rwanda bifuza ko kuba bafite umutekano mu bikorwa ibyo ari byo byose bakora bikwiye kuba ari na ko bimeze ku Banyarwanda baba muri Kongo cg abavuga ikinyarwanda babayo. 

Umuyobozi wa Diaspora y'Abanyekongo mu Rwanda Dr Awazi Raymond asaba ko amasezerano yasinywe yashyirwa mu bikorwa kandi urubyiruko rukirinda kwijandika mu bikorwa bikurura umutekano muke  mu karere.

Saidi Vianney, umuturage wo muri Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo umaze imyaka hafi 27 mu Rwanda. Ni we watangije izina ''Kazi ni Kazi mu Mujyi wa Kigali, acuruza indorerwamo cyangwa lunnette rwagati mu Mujyi wa Kigali. Uyu avuga ko nta gihugu kimuryohera nk'u Rwanda.

Ati "Nkatwe tubireba ni byiza cyane, ni byabindi tuvuga ngo ni uburyohe. Nta kibazo gihari. Keraka abatabizi ariko message natanga ni uko ibintu bimeze neza cyane."

Kuba afite umutekano i Kigali, ni ho ahera avuga ko ubusanzwe nta makimbirane ayo ari yo yose yagakwiye kurangwa hagati y'abaturage b'ibihugu byombi kuko ari abavandimwe byongeye bakaba n'abaturanyi.

Yunzemo ati "Imyumvire y'abantu ni cyo kibazo.  Kumva ko hari abakongomani bavuga Ikinyarwanda sinumva ko ari ikosa ni uburenganzira bw'umuntu kuvuga ururimi ushaka. Abantu ntabwo bumva kimwe ibintu kuko ntuzaterura Kongo ngo uyijyane kure y'u Rwanda cyqngwa ngo uterure u Rwanda urujyane kure ya Kongo. Imbibi zizahora ziri kumwe. Ibitagenda umuti wabyo ni ukubikemura.

Mu masaha ya ku manywa, Makamba Mwagalwa uzwi ku izina rya  Kam's, usanzwe ari umucuranzi w'indirimbo z'abakongomani mu mahoteri n'utubari hirya no hino mu Mujyi wa Kigali ari mu myitozo y'umurimo amazemo imyaka irenga 15, ari na yo akesha imibereho ya buri munsi y'umuryango we.  Aritegura kuza gucuranga mu masaha ya y'ijoro. Asanga abaturage bari mu Kongo bakwiye kubaha Abanyarwanda cyanhwa abavuga Ikinyarwanda bari muri iki gihugu."

Yagize ati "Jye bijya bimbabaza  kuko umutekano hano umeze neza nasaba ko na bo babafata neza nkuko namwe mudufata. Imana ibidufashemo tubane neza nk'uko twahoze tubana. U Rwanda na Kongo twahoze tubanye neza ariko sinzi aho byapfiriye. Leta zombi zicare zibirangize zumvikane. Hariya hari Abanyarwanda babayo, nkuko tumeze neza hano n'Avanyarwanda bariyo bakwiye gufatwa neza."

Mu Rwanda hari ibihumbi by'abanyekongo bakora imirimo inyuranye ibateza imbere kandi bose bahuriza ku kuba bafite umutekano usesuye.

Lukongo Londo Jean Baptiste afite igaraje rikanika imodoka mu Mujyi wa Kigali. Ashimangira ko yizera umutekano we ari uko ari mu Rwanda bityo ko bikwiye kubera isomo abaturage ba Kongo bakunze kurangwa no guhohotera abavuga Ikinyarwanda baba muri iki gihugu.

Ati "Bakunde Abanyarwanda nk'abavandimwe babo.  Twe mu Rwanda turi mu gihugu cy'amahanga ariko badufata neza nta kibazo, n'abakongomani bakwiye gufata Abanyarwanda neza muri kongo."

Ihuriro ry'abakongomana baba mu Rwanda ryashyize ahagaragara itangazo rishima ko abanyekongo bafite umutekano usesuye mu Rwanda kandi ko bari mu bikorwa byabo nta nkomyi. Ibi ni nyuma yuko Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo ikomeje kugaragaza imvugo zikoma u Rwanda, nyamara ikibazo kireba abaturage ba Kongo ubwabo.

Dr Awazi Raymond ukuriye iri huriro asaba urubyiruko rwo mu gihugu cye kwirinda ibikorwa byose byatuma amahoro arambye atagerwaho hagati y'ibihugu byombi no mu karere muri rusange.

Ati "Icyo nasaba abayobozi ba guverinoma zombi ni ugutekereza ku baturage baba hanze amaso.  Hasinywe amasezerano  yo kugarura amahoro, turifuza ko habaho ubushake ayo masezerano agashyirwa mu bikorwa. Ikindi ni uko nasaba urubyiruko kwirinda igitanya  abaturage b'impande zombi. Turi bamwe, tura abanyafurika, dushake icyazana amahoro arambye mu karere k'ibiyaga bigari."

Mu Rwanda habarurwa abaturage ba repubulika iharanira demokarasi ya Kongo bagera ku bihumbi 100 biganjemo impunzi, aho ibyo bakora babikora mu mutekano usesuye.


Jean Claude MUTUYEYEZU



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage