AGEZWEHO

  • Nyiramunukanabi yabaye imari i Bugesera – Soma inkuru...
  • Perezida Kagame yakiriye abayobozi ba AU bari mu mwiherero i Kigali – Soma inkuru...

Abasenateri bahangayikishijwe n'ibibazo by'abaturage bidakemurwa

Yanditswe Mar, 23 2023 21:40 PM | 33,727 Views



Inteko rusange ya Sena yanenze imikorere y’inzego zitandukanye zidakemura ibibazo by’abaturage ku gihe. 

Raporo  ya komisiyo ya politike n’imiyoborere muri Sena y’u Rwanda  ku isuzuma yakoze ku bikorwa by’Urwego rw’Umuvunyi by’umwaka wa 2021-2022 na gahunda y’ibikorwa byarwo by’umwaka wa 2022-2023,abasenateri iragaragaza ko hari ibibazo bigikomeje kubangamira iterambere n’imibereho y’abaturage bikigaragara hirya no hino mu gihugu.

Bamwe mu basenateri basanga ibibazo bikunze kugaruka muri raporo y’Urwego rw’Umuvunyi bikwiye gufatirwa imyanzuro yihariye kandi izi raporo zikajya zifasha inzego za Leta  gufata ibyemezo biganisha ku mikorere yisumbuye.

Muri 2021-2022  Urwego rw'Umuvunyi rwasuzumye 1603 , mur ibyo ibigera ku 1200 ku  ni byo byakemutse.

Nyuma yo kuganira kuri ibi bibazo Inteko rusange ya Sena yafashe umwanzuro  wo gutegura inama nyunguranabitekerezo,abagize sena bazagirana n’inzego z’ubutabera n’izifite imibereho myiza y’abaturage mu nshingano bagacoca ibi bibazo hagamijwe kubifatira umwanzuro utanga ibisubizo biramba.

Ibyinshi muri ibi bibazo bifitanye isano n'amakimbirane ashingiye ku butaka,kutishimira imikirize y'imanza,kwimura abaturage batabanje guhabwa ingurane ikwiye ku mitungo yabo,ikibazo cya ba rwiyemezamirimo batsindira amasoko ya Leta ariko ntibishyure abaturage bakoresha,imitungo itezwa cyamunara ku giciro gito cyane n’ibindi.

Jean Paul MANIRAHO 



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Musanze: Abaturage 26 borojwe inka n'Itorero ADEPR - Amafoto

Abasenateri batangiye gusura uturere bareba uko abaturage bakemurirwa ibibazo

Abayobozi batandukanye barimo gusura uruganda rutunganya amazi rwa Nzove

Imyaka isaga 4 irashize isoko mpuzamipaka rya Cyanika ridakorerwamo

Ubuhamya bw’ababaye kwa Gisimba uherutse kwitaba Imana

Abatuye muri Kigali basabye ko hakwihutishwa imirimo yo kwagura uruganda rw&rsqu

Minisiteri y'Ibidukikije irabasaba kureka gukoresha ibikoresho bya pulasiti

Angola yashimye umuhate urimo gushyirwa mu biganiro byo kugarura amahoro muri RD