Yanditswe Nov, 03 2020 20:04 PM | 99,395 Views
Ikigo cy’igihugu cy’ingufu REG nabaturage b’uturere twa Gicumbi, Rulindo na Burera ntibavuga rumwe ku kibazo cy’ingurane ku mitungo yabo yangijwe n’imiyoboro y'amashanyarazi hakaba hashize imyaka 8 batarishyurwa kandi barabariwe ingurane.
Ikigo cy’igihugu cy’ingufu REG kivuga ko abaturage basaga 250 aribo batarishyurwa,nyamara mu karere kamwe habarirwa abaturage basaga 2300 aribo bafite icyo kibazo.
Aba baturage bagaragaza ko imiyoboro y'amashanyarazi yabangirije imitungo yiganjemo amashyamba yatemwe,imyaka y'ubwoko butandukanye yarimbuwe ndetse n'ahashyizwe amapoto y'amashanyarazi.Bemeza ko babariwe ndetse basabwa kuzuza ibyangombwa barabikora ariko amaso yaheze mu kirere
Ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu cy’ingufu REG bugaragaza ko muri utu turere 3 umuyoboro wakozwe n’ikigo cya ANGELIQUE INTERNATIONAL niwo abaturage baberewemo imyenda kubera kutuzaza ibisabwa
REG igaragaza ko abaturage bari babaruwe kwishyurwa basaga 2800 muri bo abasaga 2600 barishyuwe hakaba hasigaye abaturage basaga gato 270 gusa.
Nyamara ibivugwa n’uyu muyobozi bitandukanye n’ibivugwa n’inzego zibanze zihagarariye aba baturage.Mu karere kamwe ka Gicumbi kagaragaramo iki kibazo kagaragaza ko abaturage 3327 nibo bangirijwe imitungo hishyurwamo 933 abandi basaga 2390 bategereje amafaranga yabo baraheba kandi barimo n’abujuje ibyangombwa byo kwishyurwa.
Ni kenshi hirya no hino mu gihugu abaturage bagaragaza ikibazo cyo kwangirizwa imitungo n'ibikorwa remezo by'inyungu rusange bagategereza ko bazishyurwa bagaheba.Ubusanzwe itegeko riteganya ko umuturage agomba kwishyurwa mu minsi 90,iyo minsi yarenga atarishyurwa akazongererwa 5%
Brig.Gen Rwivanga yasabye abiga muri RICA gusigasira ibyo u Rwanda rwagezeho
Jul 07, 2023
Soma inkuru
General Gatsinzi Marcel yashyinguwe
Mar 16, 2023
Soma inkuru
Ingabo Congo zongeye kurasa ku butaka bw'u Rwanda
Jun 10, 2022
Soma inkuru
U Rwanda rwamaganye amakuru avuga ko RDF ifasha abarwanya FARDC
Mar 29, 2022
Soma inkuru
Abayobozi b'inzego z'ubuzima mu ngabo zo muri EAC mu nama ku bufatanye
Feb 17, 2022
Soma inkuru
Perezida Kagame yashimye inzego z'umutekano ku bwitange zagaragaje muri 2021
Dec 30, 2021
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda zatangaje ko ntaho zihuriye n'ibikorwa by'abahoze ari abarwanyi ba ...
Nov 09, 2021
Soma inkuru
Col Karuretwa yagizwe Brig General, anagirwa umuyobozi muri RDF
Nov 05, 2021
Soma inkuru