AGEZWEHO

  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...
  • Imiryango 4800 imaze kwimurwa nyuma y’ibiza byo muri Gicurasi 2023 – Soma inkuru...

Imodoka zikorera n'izitwara abantu zigiye kugabanyirizwa no gusonerwa imisoro

Yanditswe Jun, 13 2017 12:58 PM | 5,345 Views



Abakora ubucuruzi bw’imodoka nini zitwara abagenzi n’izitwara imizigo kimwe n’abashoramari mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange baravuga ko igabanyuka ry’imisoro n’ikurwaho rya burundu ry’imwe muri yo rizatuma ibiciro bya bene izi modoka bigabanyuka ndetse n’abantu bagahitamo kugendera mu modoka za rusange bityo umubyigano wazo ukagabanyuka I Kigali.

Ubwo Minisitiri w’imari n’igenamigambi amb. Claver Gatete yamurikiraga Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi umushinga w’Ingengo y’Imari ya 2017/18 ingana na miliyari Ibihumbi bibiri na na mirongo ikenda n’enye n’ibice ikenda, yasobanuye ko imashini zikora imihanda zizajya zisoreshwa ku gipimo cya 0% aho kuba 10%.

Imodoka z’ubwikorezi zitwara hagati ya toni eshanu na toni 20, zigasoreshwa ku 10% aho kuba 20%. Naho imodoka z’ubwikorezi zikorera hejuru toni 20, zisoreshwe ku gipimo cya 0% aho kuba 25%.

Bisi zitwara abantu bari hagati ya 25 na 50 zizajya zisoreshwa ku gipimo cya 10% aho kuba 25%; izitwara abantu barenze 50 zisore 0% aho kuba 25%. Abasanzwe batumiza imodoka z’ubwikorezi bwaba ubw’abantu n’imizigo basanga gukurwaho kw’imisoro no kugabanyuka kw’imwe muri yo bizatuma ibiciro ku bifuza kugura bene izi modoka.

Ibindi bicuruzwa bikenerwa kenshi birimo ingano, isukari kimwe n’umuceri bituruka hanze y’ibihugu bigize umuryango wa Afrika y’iburasirazuba nabyo byagabanyirijwe imisoro naho ibindi birayisonerwa; igabanyuka ry’iyo misoro Ministeri y’imari n’igenamigambi isanga bir muri gahunda zo kunganira inganda ziri imbere mu gihugu



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage