Yanditswe Feb, 12 2021 07:31 AM | 21,039 Views
Ingengo y’imari u Rwanda rwakoreshaga mu mwaka wa 2020-2021 yasabiwe kongerwaho miliyari 219 na miliyoni 100, mu byo izakoreshwa harimo no gukomeza guhangana n’icyorezo cya COVID19.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Dr Uzziel Ndagijimana wagejeje ku Nteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite ibikubiye mu mushinga w’Itegeko rihindura Ingengo y’Imari ya Leta, yagaragaje n’aho azaturuka harimo imisoro n’inkunga y’amahanga.
Ni umushinga ugaragaza impinduka zirimo no kongera ingengo y’imari
ugereranyije n’iyari yatowe n’inteko ishinga amategeko.
Yari Miliyari 3,245.7 z’amafaranga y’u Rwanda biteganyijwe ko yiyongeraho 6.7% ikagera kuri Miliyari 3,464.8 zaAmafaranga y’u Rwanda.
Minisitiri Ndagijimana wamurikiye abadepite uyu mushinga hifashishijwe ikoranabuhanga, yagaragaje ko amafaranga ava imbere mu gihugu aziyongera akava kuri miliyari 1,605.7 z’amafaranga y’u Rwanda akagera kuri miliyari 1,784.7 z’amafaranga y’u Rwanda bingana n’inyongera ya 11.1%.
Amafaranga aturuka ku misoro azava kuri miliyari 1,421.4 agere kuri miliyari 1,579.9 ni inyongera ya 11%. Na ho amafaranga atari ay’imisoro azava kuri miliyari 184.3 agere kuri Miliyari 204.8
Amafaranga aturuka ku nkunga z’amahanga azava kuri miliyari 492.5 agere kuri Miliyari 592.2.
Perezida wa Komisiyo y’ingengo y’imari n’umutungo by’Igihugu Prof. Omar Munyaneza aragaragaza ko hari inzego zongerewe ingengo y’imari n’izo yagabanyijwe.
Amafaranga yiyongereye ku ngengo y’imari azafasha mu kuziba icyuho cy’imishahara y’abakozi mu nzego nshya na zimwe mu zisanzweho harimo n’izifite mu nshingano guhangana na COVID19, izo mu burezi, hakabamo n’ayo kwishyura umwenda wa Leta no kongera ishoramari ryayo.
Uyu mushinga w’itegeko wemerejwe ishingiro ukazakomeza gusuzumirwa muri komisiyo y’Ingengo y’Imari n’Umutungo mu Nteko Ishinga Amategeko. Umutwe w’Abadepite.
Bienvenu Redemptus
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru