AGEZWEHO

  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...
  • Imiryango 4800 imaze kwimurwa nyuma y’ibiza byo muri Gicurasi 2023 – Soma inkuru...

Muri 2019, ibyatumijwe mu mahanga byazamutseho 10.6%, ibyoherejwe yo bizamukaho 3.8%-BNR

Yanditswe Feb, 25 2020 09:52 AM | 20,295 Views



Banki nkuru y’u Rwanda iratangaza ko icyuho hagati y’ibicuruzwa u Rwanda rutumiza hanze n’ibyo rwohereza cyiyongereye mu mwaka ushize bigatera ihungabana ry’agaciro k’ifaranga ugereranije n’idorali ku isoko ry’ivunjisha.

Muri iyo mubare Guverineri John Rwangombwa uyobora banki nkuru y’u Rwanda ubwo yagaragazaga ishusho y’urwego rw’imari n’ubusugire bw’ifaranaga yerekanye ko ibyatumijwe hanze mu mwaka ushize wa 2019 byazamutse ku gipimo cya 10.6% mu gihe ibicuruzwa byoherejwe byazamutse ku gipimo cya 3.8% gusa.

Ibi bikaba byarazamuye ikinyuranyo ku bucuruzi hagati y’u Rwanda n’amahanga cyazamutse ku gipimo cya 16.3%. Ibi ngo bikaba byaratumye umwaka urangira agaciro k’ifaranga ry’u Rwanda gahungabana ku gipimo cya 4.9% ku mpuzandengo y’Umwaka wose wa 2019 ku isoko ry’ivunjisha ugereranije n’idorali rya Amerika. Guverineri John Rwangombwa yanagarutse ku cyateye izamuka rikabije ry’ibiciro ku isoko mu mpera za 2019.

Prof thomas Kigabo, ushinzwe ubukungu muri BNR yavuze ko mu gihe icyorezo cya Corona cyakomeza kwibasira ubushinwa byahungabanya ubucuruzi mpuzamahanga bw’u Rwanda.

Mu yindi mibare BNR igaragaza ko hari ikizere ko ubukungu buzazamuka ku gipimo kirenze 8.5% yari yitezwe hashingiwe ku mibare bamaze kubona. Muri iyo mibare bigaragara ko umusaruro w’inganda zwazamutse ku gipimo cya 17.7% mu gihe serivisi zazamuye umusaruro ku gipimo cya 10.6%.


RUZIGA Emmanuel Masantura



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage