AGEZWEHO

  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...
  • Imiryango 4800 imaze kwimurwa nyuma y’ibiza byo muri Gicurasi 2023 – Soma inkuru...

Prof Bayisenge yasabye abagize umuryango kwimakaza urukundo no kwitandukanya n'ikibi

Yanditswe Apr, 20 2022 20:43 PM | 86,559 Views



Abatuye mu Ntara y'Iburasirazuba bibutse ku nshuro ya 28 abagore n'abana bishwe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi ku musozi wa Sovu mu karere ka Rwamagana.

Minisitiri w'Uburinganire n'Iterambere ry'Umuryango, Prof Bayisenge Jeannette yasabye abagize umuryango kwimakaza urukundo no kwitandukanya n'ikibi.

Kuri uyu musozi wa Sovu mu Murenge wa Kigabiro ahahoze ari muri komini Rutonde, Abatutsi bari bahatuye banyuze mu nzira y'umusaraba ndetse bicwa urw'agashinyaguro.

Consesa  Kayiraba umukecuru w'imyaka 69 umwe mu bagore barokotse ubwicanyi ndengakamere bwabereye kuri uyu musozi wa Sovu.

Abandi bagore, abana n'abakobwa bashyizwe mu byumba by'amashuri by'ikigo cy'amashuri cya Sovu, interahamwe zibafata ku ngufu, abana bicwa bakubiswe ku nkuta z'amashuri.

Aha hiyongereyeho no kuba  muri aya mashuri haratwikirwagamo urusenda kugira ngo Abatutsi bari bahurijwemo babazwe ku buryo bukabije. 

Uyu mukecuru warokotse nawe amaze guhohoterwa arasobanura inzira y'umusaraba banyuzemo.

Kuri iyi taliki ya 20 Mata inzego zitandukanye mu Ntara y'Iburasirazuba zifatanYije n'abatuye Akarere ka Rwamagana kwibuka ku nshuro ya 28 abagore n'abana ndetse n'abakobwa bishwe ndetse bagashinyagurirwa mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.

Umuhuzabikorwa w'inama y'igihugu y'abagore mu ntara y'Iburasirazuba, Mukamucyo Jeannette yavuze ko ubu bwicanyi ndengakamere bwakorewe abanyantege nke bukwiriye kwamaganwa ku mugaragaro, abagifite ingengebitekerezo ya Jenoside nabo bakamaganwa kuko badashyira mu gaciro.

Minisitiri Prof Jeannette Bayisenge yasabye abanyarwanda kurangwa n'urukundo, urubyiruko rukigishwa amateka nyayo ya Jenoside kandi rugaharanira kubaka igihugu, rwirinda abapfobya bakanahakana Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yasabye abanyarwanda kurangwa n'indangagaciro z'umuco w'abanyarwanda, ndetse asaba ko ibyabaye bikwiye gutanga isomo.

Akarere ka Rwamagana gafite inzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 zigera kuri 11 ziruhukiyemo imibiri y'abatutsi isaga ibihumbi 83.

Aba bayobozi bakaba bunamiye banashyira indabo ku mibiri y'abana, abagore n'abakobwa baruhukiye  mu rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Sovu. 




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage