Yanditswe Nov, 03 2020 19:58 PM | 169,236 Views
Kuri uyu wa kabiri ikigo cy’ igihu cy’ itangazamakuru RBA cyasinyanye amasezerano y’ ubufatanye n’ uburenganzira bw’ amashusho n’ ishyirahamwe ry’ umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA.
Ni amasezerano y’ imyaka 3 y’amaze igihe ari mu biganiro hagati y’ impande ebyiri, ku ruhande rumwe ikigo cy’ igihu cy’ itangazamakuru RBA yari ihagarariwe n’ Umuyobozi mukuru Arthur Asiimwe, n’ ishyirahamwe ry’ umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA ryari rihagarariwe Rt Brig Gen. Sekamana Jean Damascene.
Kuruhande rwa RBA, Arthur Asiimwe Umuyobozi mukuru wayo yavuze ko usibye kuba umupira w’amaguru ukunzwe mu Rwanda, ukaba ari n’amahirwe agomba kubyazwa umusaruro ku mpande zombi.
Nyuma yaho FERWAFA n’uwahoze ari umufatanyabikorwa wayo wari unafite uburenganzira ku mashusho yaba aya shampiyona y’ ikiciro cya mbere ndetse nandi maruhashanwa ,perezida wa FERWAFA Rt Brig. Gen Sekamana yavuze ko ubu bufatanye buje kongera Agaciro umupira w’ u Rwanda by’ umwihariko abanyamuryango ba FERWAFA muri rusange.
Amsezerano hagati ya RBA na FERWAFA ashyizweho umukono mu gihe benshi bibazaga uko bazitabira imikino mu bihe bidasanzwe byo guhangana na COVID19 ,aya masezerano impande zombi zifata nk' igisubizo fusa ku bijyanye n' imikino ntabwo ariy yose izerakanwa.
Bitandukanye n’amasezerano y’ umufatanyabikorwa wabanjirije RBA we warufite uburenganzira ku mashusho ndetse no ku izana rya shampiyona ari nanryo yatangiraga akayabo k’amafranga, kubirebana n’ amasezerano hagati ya RBA na FERWAFA n’ uburenganzira bw’amashusho gusa mu gihe izina rya shampiyona cg naming right rishobora kwegukanwa na rumwe mu nganda zenga ibyo kunywa.
Nyamasheke: Abantu 2 bapfuye abandi 8 barakomereka mu mpanuka y’umukingo wabagwiriye
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Abanyeshuri barenga ibihumbi 30 basabye guhindurirwa ibigo cyangwa amashami
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Qatar: Dr Ngirente yitabiriye imurika mpuzamahanga ry'ubuhinzi bw’imbuto
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Nyagatare: RAB yakuyeho akato kari kashyizweho kubera indwara y'uburenge
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Kigali: Hari imihanda irimo kubakwa yadindiye ubu irimo guteza imivu y’amazi mu baturage
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Akarere ka Musanze kongeye kunengwa ku kibazo cy'igwingira cyugarije abana
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Nyamagabe: Ubuyobozi buhangayikishijwe n’ibikorwa bisubiza inyuma ubumwe n’ubwiyunge
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Uburezi: Abakoze ibizamini byo kuba abarimu batagize amanota 70% basabwe gusubiramo
Oct 01, 2023
Soma inkuru