AGEZWEHO

  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...
  • Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere – Soma inkuru...

RBA yasinyanye amasezerano y’ ubufatanye n’uburenganzira bw’amashusho na FERWAFA

Yanditswe Nov, 03 2020 19:58 PM | 171,270 Views



Kuri uyu wa kabiri ikigo cy’ igihu cy’ itangazamakuru RBA cyasinyanye amasezerano y’ ubufatanye n’ uburenganzira bw’ amashusho n’ ishyirahamwe ry’ umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA.

Ni amasezerano y’ imyaka 3 y’amaze igihe ari mu biganiro hagati y’ impande ebyiri, ku ruhande rumwe ikigo cy’ igihu cy’ itangazamakuru RBA  yari ihagarariwe n’ Umuyobozi mukuru Arthur Asiimwe, n’ ishyirahamwe ry’ umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA ryari rihagarariwe Rt Brig Gen. Sekamana Jean Damascene.

Kuruhande rwa RBA, Arthur Asiimwe Umuyobozi mukuru wayo yavuze ko usibye kuba umupira w’amaguru ukunzwe mu Rwanda, ukaba ari n’amahirwe agomba kubyazwa umusaruro ku mpande zombi.

Nyuma yaho FERWAFA n’uwahoze ari umufatanyabikorwa wayo wari unafite uburenganzira ku mashusho yaba aya shampiyona y’ ikiciro cya mbere ndetse nandi maruhashanwa ,perezida wa FERWAFA Rt Brig. Gen Sekamana yavuze ko ubu bufatanye buje kongera Agaciro umupira w’ u Rwanda by’ umwihariko abanyamuryango ba FERWAFA muri rusange.

Amsezerano hagati ya RBA na FERWAFA ashyizweho umukono mu gihe benshi bibazaga uko bazitabira imikino mu bihe bidasanzwe byo guhangana na COVID19 ,aya masezerano impande zombi zifata nk' igisubizo fusa ku bijyanye n' imikino ntabwo ariy yose izerakanwa.

Bitandukanye n’amasezerano y’ umufatanyabikorwa wabanjirije RBA we warufite uburenganzira ku mashusho ndetse no ku izana rya shampiyona ari nanryo yatangiraga akayabo k’amafranga, kubirebana n’ amasezerano hagati ya RBA na FERWAFA n’ uburenganzira bw’amashusho gusa mu gihe izina rya shampiyona cg naming right rishobora kwegukanwa na rumwe mu nganda zenga ibyo kunywa.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama