Yanditswe May, 19 2022 21:30 PM | 100,662 Views
Guverinoma y’u Rwanda itangaza ko ubu irimo gukura ingano mu bihugu 2 bya Brazil na Australia nka kimwe mu bisubizo ku izamuka ry'igiciro cy'ifarini ryari rimaze iminsi, ritewe n’intambara iri mu bihugu u Rwanda rwazitumizagamo.
Intambara iri kubera muri Ukraine yashyizwe mu majwi cyane nk' intandaro yiri zamuka ry'igiciro cy'ifarini, ndetse n'igabanuka ry'ingano ku isi.
Minisitiri w'Intebe Dr Edouard Ngirente avuga ku bufatanye bwa Leta n'abacuruzi, ubu habonetse ibisubizo by’aho gukura izindi ngano zikorwamo ifarini.
Ati "Tumaze kubona amasoko mu bihugu 2 Brasil na Australia kandi twatangiye gukurayo ingano, ikibazo kirimo aho ngaho ni urugendo rurerure kuko urumva byongere igiciro cy’urugendo ariko ingano y’ibyo twazanaga yo ntiyahindutse sinavuga ko dufite ikibazo cy'ibura ry'ingano, ikigoye ubwo ni igiciro cyo kubigeza mu Rwanda. "
Usibye igiciro cy'umugati n' ibindi bikorwa mu ifarini muri iyi minsi ku isoko hagaragaye n' izamuka ry' ibiciro by' ibiribwa muri rusange.
Gusa Guverinoma y’u Rwanda itanga icyizere ko iki kibazo gishobora gukemuka umwaka utaha kubera ko ubukungu bukomeje kuzahuka ku rwego rwiza.
Brig.Gen Rwivanga yasabye abiga muri RICA gusigasira ibyo u Rwanda rwagezeho
Jul 07, 2023
Soma inkuru
General Gatsinzi Marcel yashyinguwe
Mar 16, 2023
Soma inkuru
Ingabo Congo zongeye kurasa ku butaka bw'u Rwanda
Jun 10, 2022
Soma inkuru
U Rwanda rwamaganye amakuru avuga ko RDF ifasha abarwanya FARDC
Mar 29, 2022
Soma inkuru
Abayobozi b'inzego z'ubuzima mu ngabo zo muri EAC mu nama ku bufatanye
Feb 17, 2022
Soma inkuru
Perezida Kagame yashimye inzego z'umutekano ku bwitange zagaragaje muri 2021
Dec 30, 2021
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda zatangaje ko ntaho zihuriye n'ibikorwa by'abahoze ari abarwanyi ba ...
Nov 09, 2021
Soma inkuru
Col Karuretwa yagizwe Brig General, anagirwa umuyobozi muri RDF
Nov 05, 2021
Soma inkuru