Yanditswe May, 19 2022 21:30 PM | 100,902 Views
Guverinoma y’u Rwanda itangaza ko ubu irimo gukura ingano mu bihugu 2 bya Brazil na Australia nka kimwe mu bisubizo ku izamuka ry'igiciro cy'ifarini ryari rimaze iminsi, ritewe n’intambara iri mu bihugu u Rwanda rwazitumizagamo.
Intambara iri kubera muri Ukraine yashyizwe mu majwi cyane nk' intandaro yiri zamuka ry'igiciro cy'ifarini, ndetse n'igabanuka ry'ingano ku isi.
Minisitiri w'Intebe Dr Edouard Ngirente avuga ku bufatanye bwa Leta n'abacuruzi, ubu habonetse ibisubizo by’aho gukura izindi ngano zikorwamo ifarini.
Ati "Tumaze kubona amasoko mu bihugu 2 Brasil na Australia kandi twatangiye gukurayo ingano, ikibazo kirimo aho ngaho ni urugendo rurerure kuko urumva byongere igiciro cy’urugendo ariko ingano y’ibyo twazanaga yo ntiyahindutse sinavuga ko dufite ikibazo cy'ibura ry'ingano, ikigoye ubwo ni igiciro cyo kubigeza mu Rwanda. "
Usibye igiciro cy'umugati n' ibindi bikorwa mu ifarini muri iyi minsi ku isoko hagaragaye n' izamuka ry' ibiciro by' ibiribwa muri rusange.
Gusa Guverinoma y’u Rwanda itanga icyizere ko iki kibazo gishobora gukemuka umwaka utaha kubera ko ubukungu bukomeje kuzahuka ku rwego rwiza.
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru