AGEZWEHO

  • Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente avuga ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu kurwanya Malaria – Soma inkuru...
  • Imiryango 4800 imaze kwimurwa nyuma y’ibiza byo muri Gicurasi 2023 – Soma inkuru...

WASAC yatangaje ko kubaka imiyoboro imishya y’amazi muri Kigali bigeze kuri 53%

Yanditswe Jun, 22 2021 14:52 PM | 38,292 Views



Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Amazi Isuku n’Isukura, WASAC, buravuga ko ibikorwa byo kubaka imiyoboro imishya y’amazi mu Mujyi wa Kigali bigeze kuri 53%.

Buravuga ko hari icyizere cyo gukemura ikibazo cy’ibura ry’amazi rya hato na hato mu duce dutandukanye mu Mujyi wa Kigali.

Nyirahagenimana Jacqueline utuye mu Mujyi wa  Kigali, ashima ko bitandukanye no mu myaka yashize mu gihe byimpeshyi, ubu batakigira ikibazo cy’ibura ry’amazi.

Yagize ati “Haje kuboneka ibigega nkeka ari byo byatumye amazi atagikunda kubura, ni yo abuze igihe gito ahita yongera akaboneka.”

Uwitwa Uwayezu Valentine we yagize ati “Dukurikije uko kera byari bimeze ubu byaroroshye, ubundi mu gihe cy'izuba byabaga bikomeye ku buryo twavomaga ku Murindi, ubundi tukavoma ibishanga.”

Ibi ariko ntibiri hose, kuko hari tumwe mu duce tw’Umujyi wa Kigali tumaze iminsi irenga  itanu  ta mazi dufite, nka Kimisagara no muri tumwe mu duce twa Gisozi na Kanombe.

WASAC igaragaza ko amazi akenewe mu Mujyi wa Kigali ahari kandi ahagije, ikibazo gituma hakibaho abayabura muri tumwe mu duce two mu Mujyi wa Kigali, giterwa n'imiyoboro ishaje kuko kuyivugurura ubu bikiri ku kigero cya 30%, na ho kubaka imishya bikaba bigeze kuri 53% ku yari iteganyijwe.

Ashingiye kuri ibi n’ibindi biri gukorwa, Methode Rutagungira ushinzwe gukwirakwiza amazi muri iki kigo, yizeza abatuye Umujyi wa Kigali ko muri ibi bihe by'impeshyi, amazi atazabura nk’uko byahoze, ariko ko n'ahaba ikibazo bajya bamenyesha abatekinisiye b’iki kigo bagahita bagikemura.

Ati “Ukurikije ibimaze gukorwa, nta mpungenge abantu bakwiye kugira, ubu uruganda rwa Kanzenze rwaruzuye kandi imiyoboro ivanayo amazi iyajyana mu bice bitabonaga amazi yararangiye, sinavuga ko hadashobora kugira ikibazo ariko no mu gihe hari abagize ikibazo bakabura amazi umunsi umwe bajye batubwira tubikemure.”

WASAC ivuga ko ubu iri gukora imishinga minini yo kongera amazi agera mu Mujyi wa Kigali, harimo iyo kubaka imiyoboro ya minini izafasha gutuma amazi atunganywa n'uruganda rwa Nzove agera ku baturage bose, kuko ubu uru ruganda rufite ubushobozi bwo gutunganya metero kibe ibihumbi 115 ku munsi, nyamara ubu rukaba rutanga gusa  60% by’ubu bushobozi byarwo kubera ikibazo cy'imiyoboro ishaje.

WASAC igaragaza ko iyi mishinga izatuma mu 2023 amazi yose atunganywa n'inganda, azaba agera mu Mujyi wa Kigali ndetse no mu nkengero zawo.

Fiston Felix Habineza



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage