AGEZWEHO

  • Imiryango 4800 imaze kwimurwa nyuma y’ibiza byo muri Gicurasi 2023 – Soma inkuru...
  • Minisitiri Gasana yasabye urubyiruko gushikama bagahangana n’abakomeje gupfobya Jenoside – Soma inkuru...

Itegeko rituma abagore babyaye baruhuka ibyumweru 12 bishyurwa ryasohotse

Yanditswe May, 23 2016 15:55 PM | 3,263 Views



Itegeko ryemerera abagore bibarutse kuruhuka ibyumweru 12 ndetse bakabona n’umushahara wabo wose ryasohotse mu igazeti ya Leta. Iki cyemezo cyashimishije benshi mu bagore bemeza ko iri tegeko rikuyeho imbogamizi bahuraga nazo.

Iri tegeko ryasohotse mu igazeti ya Leta N°003/2016 yo ku wa 30/03/2016 ryemerera umugore wabyaye kuruhuka amezi atatu ndetse akanahabwa n’umushahara we wose.

Ukurikije uko itegeko risimbuwe ryari rimeze Umugore wabyaraga yahembwaga ibyumweru bitandatu umushahara we wose, ibindi bitandatu bisigaye agahabwa kimwe cya kabiri cyawo cyangwa se agahita agaruka ku kazi kugira ngo utazagabanywa.

Ikigo cy'igihugu cy'ubwiteganirize RSSB kivuga ko amafaranga 0,6% ari wo musanzu uzajya utangwa mu Ishami ryo guteganyiriza ababyeyi muri RSSB, aho buri kwezi umukozi wese azajya akatwa 0,3% n’umukoresha agatanga 0,3%.



Umusomyi

Iyi nkuru ntabwo isesenguye. Ibikubiye muri iri tegeko bitangira gukurikizwa ari uko umugore amaze nibura ukwezi kumwe akatwa ariya mafaranga ajya muri RSSB May 25, 2016


Hitimana Philippe

RSSB nisobanure neza ibi bintu: Ese ni buri mukozi wese yaba umwana, umugabo, umugore ,umukobwa cg umusore uzajya atanga ariya 0.3%? Bizatangira ryari? Declarations zizajya zikorwa zite? Dukeneye ibisobanuro byimbitse vuba hato ejo tudacibwa amande kandi tutarahawe ibisobanuro kare. Dec 04, 2016


Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage