AGEZWEHO

  • Imiryango 4800 imaze kwimurwa nyuma y’ibiza byo muri Gicurasi 2023 – Soma inkuru...
  • Minisitiri Gasana yasabye urubyiruko gushikama bagahangana n’abakomeje gupfobya Jenoside – Soma inkuru...

RRA irasaba abaturage kumenyekanisha no gusorera ubukode bw'ubutaka

Yanditswe Nov, 30 2016 13:20 PM | 5,345 Views



Ikigo cy'imisoro n'amahoro kiratangaza ko ku baturage miliyoni 6 bagomba kumenyekanisha no gutanga imisoro ku bukode bw'ubutaka abamaze kumenyekanisha bangana na 2%.

Ibi biravugwa mu gihe ubuyobozi bw’ikigo uyu mwaka bwihaye intego yo kwinjiza amafaranga miliyari 6 aturutse ku bukode bw'ubutaka mu gihe umwaka ushize bari binjije miliyari 5 z'amafranga y'u Rwanda.

Icyakora bamwe mu baturage basorera ubutaka bwabo bavuga ko bahangayikishijwe no Kuba bagisiragira mu nzego z'ibanze bashaka ibyangombwa by'ubutaka, abandi bakosoza amakosa yabayemo arimo nko kwitiranya imikoreshereze y'ubutaka aho hari bamwe ubutaka bwabo bwo guhingamo bwiswe ibibanza.

Gusa ubuyobozi bw'inzego z'ibanze busaba abaturage kubagana kugira ngo aya makosa akosorwe babone uko batanga imisoro ku bukode bw'ubutaka.

Itariki ntarengwa yo kuba aba baturage bishyuye uyu musoro ni 31 Ukuboza.

Ikigo cy'imisoro n'amahoro kikaba kivuga ko n'ubwo umubare w'abagomba gusorera ubutaka ukiri hasi, ngo uzakererwa azacibwa amande ya 1,5% buri kwezi by'ayo yagombaga gusora, yaba amaze umwaka atishyura agacibwa 10%.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage