Yanditswe Mar, 12 2023 20:07 PM | 53,810 Views
Umujyanama
wa Perezida wa Repubulika mu by’umutekano, Gen. James Kabarebe yasabye
urubyiruko guharanira kuba intwari kuko bafite abo bigiraho bahagaritse
Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ibi yabibwiye urubyiruko rubarirwa muri 600 rwo mu Mujyi wa Kigali rwasoje icyiciro cya 3 cya gahunda yiswe “rubyiruko menya amateka yawe”.
Uru rubyiruko 600 rwo mu Mujyi wa Kigali ni rwo rwujuje umubare w’abasore n’inkumi 1800, bahawe inyigisho ku mateka yo kubohora Igihugu no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Rwabanje gusura urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi basobanurirwa amateka ajyanye n’uko yateguwe ikanashyirwa mu bikorwa, nyuma bakomereza mungoro y’amateka y’urugamba rwo kubohora igihugu iri ku Kimihurura.
Basoreje ku kiganiro bahawe n’umujyanama wa Perezida Repubulika mu bijyanye n'umutekano, Gen James Kabarebe.
Yagarutse ku nshingano zabo, icyo igihugu kibifuzaho n'ubushobozi bafite bwo gukomeza kubaka u Rwanda rutandukanye n'urwo mu bihe bya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Uru rubyiruko rwasabye Gen. James Kabarebe kubakorera ubuvugizi bakoroherezwa kwinjira mu mirimo izabafasha gukorera igihugu bakiri bato.
Uru rubyiruko rwanagarutse kandi ku mikorere y'ingabo z'u Rwanda nyuma y'uko bakiriye bamwe mu bari ingabo za Leta yagize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi.
Minisitiri w'Urubyiruko n'Umuco, Rosemary Mbabazi washoje ku mugaragaro iri sangano ry'urubyiruko, yabashimiye kuba baritabiriye iyi gahunda kuko ifitiye igihugu akamaro.
Mu bindi bikorwa byaranze iri sangano ry'urubyiruko muri gahunda yiswe rubyiruko menya amateka yawe, harimo gusabana binyuze mu mikino n'imyidagaduro, kwitabira ibikorwa by'umuganda n'inyigisho zo gukunda igihugu.
Jean Paul MANIRAHO
Musanze: Abaturage 26 borojwe inka n'Itorero ADEPR - Amafoto
Jun 06, 2023
Soma inkuru
Abasenateri batangiye gusura uturere bareba uko abaturage bakemurirwa ibibazo
Jun 06, 2023
Soma inkuru
Abayobozi batandukanye barimo gusura uruganda rutunganya amazi rwa Nzove
Jun 06, 2023
Soma inkuru
Imyaka isaga 4 irashize isoko mpuzamipaka rya Cyanika ridakorerwamo
Jun 05, 2023
Soma inkuru
Ubuhamya bw’ababaye kwa Gisimba uherutse kwitaba Imana
Jun 05, 2023
Soma inkuru
Abatuye muri Kigali basabye ko hakwihutishwa imirimo yo kwagura uruganda rw’amazi rwa Nzove
...
Jun 05, 2023
Soma inkuru
Minisiteri y'Ibidukikije irabasaba kureka gukoresha ibikoresho bya pulasitike bikoreshwa rimwe
Jun 04, 2023
Soma inkuru
Angola yashimye umuhate urimo gushyirwa mu biganiro byo kugarura amahoro muri RDC
Jun 03, 2023
Soma inkuru