Yanditswe Apr, 07 2024 16:24 PM | 180,593 Views
Abakinnyi ba Arsenal FC na Bayern Munich bifatanyije n’u Rwanda
mu #Kwibuka30 ndetse baha Abanyarwanda ubutumwa bwo kubakomeza muri ibi bihe.
Kuri iki Cyumweru, tariki ya 7 Mata 2024, ni bwo u Rwanda rwifatanyije n’Isi mu gutangiza Icyumweru cy’Icyunamo n’iminsi 100 yo #Kwibuka.
Mu kwifatanya n’u Rwanda, abanyamahanga n’inshuti zarwo zitandukanye zaruhaye ubutumwa bwo kwifatanya na rwo.
Mu bafashe u Rwanda mu mugongo harimo n’amakipe ya Arsenal FC na Bayern Munich FC, asanzwe akorana na rwo mu kubwamamariza ubukerarugendo.
Abakinnyi b'Ikipe ya Arsenal mu bagabo n'abagore ndetse n'abanyabigwi bayo batanze ubutumwa bwo kwifatanya n'Abanyarwanda mu gutangiza ibikorwa byo #Kwibuka30.
Mu batanze ubutumwa harimo abakinnyi b’ikipe y’abagabo n’iy’abagore ndetse n’abanyabigwi bayo basuye u Rwanda bakareba uko rwiyubatse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi yahitanye ubuzima bw’inzirakarengane zirenga miliyoni mu mezi atatu.
Mu butumwa bwabo, banasabye urubyiruko kunga ubumwe no gukomeza gukurikira intego zabo kugira ngo bazakabye inzozi bihaye mu buzima.
Abakinnyi b'Ikipe ya Arsenal mu bagabo n'abagore ndetse n'abanyabigwi bayo batanze ubutumwa bwo kwifatanya n'Abanyarwanda mu gutangiza ibikorwa byo #Kwibuka30.
#RBASports #RBAAmakuru pic.twitter.com/HZJDVWUhWz
Ku rundi ruhande, abakinnyi ba Bayern Munich na bo bifatanyije n'Abanyarwanda mu #Kwibuka30 ndetse banashima umurava n'ubumuntu bwabo byatumye batanga umusanzu ugana ku iterambere Igihugu cyagezeho mu myaka 30 ishize.
Mu butumwa bwabo, bavuze ko bashima umurava, ubumuntu n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda mu kubaka u Rwanda rushya, rutavangura.
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame ni bo batangije Icyumweru cy’Icyunamo ndetse banacana urumuri rw’icyizere ruzamara iminsi 100. Tariki ya 7 Mata ni Umunsi Mpuzamahanga ngarukamwaka Isi yose yibukaho Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abakinnyi ba Bayern Munich bifatanyije n'Abanyarwanda mu #Kwibuka30 ndetse banashima umurava n'ubumuntu bwabo byatumye Igihugu kigera ku iterambere rifatika mu myaka 30 ishize.#Kwibuka30 #RBAAmakuru pic.twitter.com/zKaWiMaElI
— RADIO RWANDA (@Radiorwanda_RBA) April 7, 2024
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru